Ku wa Gatanu, tariki ya 10 Nyakanga 2026, ni bwo mu Mujyi wa Kigali mu masangano y’imihanda ya Kigali Convention Centre na Kigali Heights hatangiriye isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026.
Ni irushanwa riri guterwa inkunga na BPR Bank Rwanda, ndetse by’umwihariko iyi banki ikaba iri gufasha bamwe mu bakinnyi batanu bari gukina iri siganwa riri ku ngengabihe y’amarushanwa ya Rally muri Afurika (African Rally Championship).
Patience Mutesi yavuze ko iri rushanwa rigira uruhare mu kwerekaba ubushobozi u Rwanda rufite, bwo kwakira amarushanwa mpuzamahanga ayo ari yo yose.
Ati “Iri rushanwa rirarushaho kwerekana aho u Rwanda rugana mu kwereka amahanga ko ari igicumbi cy’ibikorwa bya siporo muri Afurika. Nka BPR Bank na KCB Bank twasanze gushyigikira siporo ari ukugira uruhare mu guteza imbere igihugu,
Mutesi yakomeje avuga ko iyi banki yiyemeje guteza imbere amarushanwa yo mu mikino itandukanye, kugira ngo igire uruhare mu iterambere ry’igihugu ndetse n’akarere.
Ati “Mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, KCB Group imaze gushora arenga miliyari 124 Frw mu mikino irimo Rugby, umupira w’amaguru, Volleyball, gusignwa ku maguru, Chess, Golf n’imikino yo gusiganwa mu modoka.”
“Iri ni ishoramari ridufasha kwagura ikigo no gukorana n’abikorera by’umwihariko mu mikino. Mu mikino yo gusignwa mu modoka, ho dutera inkunga amarushanwa n’abakinnyi kugira ngo tuzamure izi mpano.”
Muri uyu mwaka BPR Bank Rwanda yashyize miliyoni 150 Frw mu mitegurire y’irushanwa, banashyigikira amakipe atanu arimo iya Karan Patel, Queen Kalimpinya, Oscar Ntambi, Tinashe Gatimu na Nikhil Sachania.
Iri ni rimwe mu masiganwa aba akomeye muri Afurika, dore ko bamwe mu bakinnyi baryitabira baba bahataniye amanota abafasha kwegukana Shampiyona Nyafurika.
Umunya-Kenya Karan Patel amaze kwegukana iri rushanwa inshuro eshatu, aho yaritwaye mu 2022, 2023 na 2024.
Amafoto: Manzi Alain & Kwizera Herve



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!