Irakoze Sylvie ni umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore muri Golf. Agomba gukina iri rushanwa ahanganye n’abakinnyi bane bo muri Kenya.
Abo ni Mbuba Diana ukinira Royal Nairobi Golf Club, Wambui Catherine ukinira Ruiru Sports Club na Mueni Gladys ukinira Nyali Golf & Country Club. Ni mu gihe uyu mukinnyi wo mu Rwanda akinira Kigali Golf Resorts & Villas.
Muri rusange irushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi 50 biganjemo abo muri Kenya, u Burundi bukagiramo umukinnyi umwe.
Nubwo Irakoze Syvie ari we uhagarariye ikipe yo mu Rwanda, mu irushanwa harimo abandi Banyarwanda babiri, ari bo Dusabe Felix na Didas Ndindabahizi bari gukinira Golf Park Club yo muri Kenya.
Ikibuga cya Machakos Golf Club kiri kuberamo iri rushanwa gifite imyobo icyenda, harimo ibiri yo gukinamo gatatu (Par 3), itanu yo gukinamo kane (Par 4) n’ibiri yo gukinamo gatanu (Par 5).
Abakinnyi bazajya bakina imyobo icyenda, bongere bayizenguruke kugira ngo buzuze imyobo 18 ikinwa mu marushanwa mpuzamahanga.
Ni amahirwe kuri Irakoze Sylvie yo kwigaragaza kuko yakoreye imyitozo ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali, aho gifite imyobo 18.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!