PMC (Piga Mingi Crew) ni irushanwa ryatangijwe nk’igitekerezo cy’abakinnyi bahoraga batsindwa kenshi muri Golf mu Rwanda, biyemeza kujya bahura hagati yabo na bo bakabona amahirwe yo kubona ibihembo.
Bitewe no gutera imbere kwaryo kandi rikitabirwa cyane, ryashyizwemo imbaraga riba irya mbere mu Rwanda, ndetse rifungurira amarembo n’abandi bose bifuza kurikina kugeza umubare uzamutse ukarenga 200 bazahatana muri uyu mwaka wa 2025.
Umuyobozi wa Sensitive Group yitiriwe iri rushanwa nyuma yo kuba umutrankunga waryo mukuru, Mugwema Wilson, yavuze ko ryavuguruwe rigashyirwamo ibindi byiciro.
Ati “PMC Sensitive Golf League ni irushanwa ubona ko rifite aho ryavuye n’aho rigana. Turashaka ko rimenyekana, abakinnyi bakaba benshi noneho mu gihe kiri imbere rikaba ryaba n’irya mbere mu karere.”
“Uyu mwaka twongeyemo icyiciro cy’abakina babigize umwuga kugira ngo na bo bahatane, ariko nanone abatarabigize umwuga na bo bazahatana. Icyo gihe umukino uzazamuka mu buryo bwo kubona impano z’abakinnyi ba Golf zizamuka, kandi n’abashoramari muri uyu mukino biyongere.”
Kapiteni wa Kigali Golf Club, Eugene Murenjekha, yashimye ko kuba irushanwa ryabonye umutrankunga mushya bigiye gufasha irushanwa.
Ati “Uyu munsi dufite umuterankunga mushya w’irushanwa. Uyu azadufasha muri byinshi bitandukanye, bityo umukino wacu uzamuke kandi tubone witabirwa n’abakinnyi benshi harimo n’abakiri bato.”
PMC Sensitive Golf League izakinwa mu bihe bitandukanye, ariko umukino wa nyuma ube tariki ya 6 Ukuboza 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!