00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FEASSA 2026: U Rwanda rwegukanye imidali ya mbere, amakipe abiri ya U-15 asatira ibikombe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 August 2026 saa 09:56
Yasuwe :

U Rwanda rwegukanye imidali yarwo ibiri ya mbere mu Mikino ya FEASSA 2026 ikomeje kubera i Morogoro muri Tanzania, mu gihe amakipe y’abakobwa batarengeje imyaka 15 muri Handball no mu mupira w’amaguru na yo yasatiriye kwegukana ibikombe.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 19 Kanama 2026, wari Umunsi wa Gatanu w’iyi Mikino ihuza Ibigo by’Amashuri byo muri Afurika y’Iburasirazuba. Amakipe y’u Rwanda yakinnye imikino 18, atsindamo 10, atsindwa irindwi mu gihe yanganyije umukino umwe.

Intsinzi ikomeye yabonetse mu gusiganwa ku maguru, aho Tuyishime Eric yegukanye umudali wa Zahabu muri metero 100, aba Umunyarwanda wa mbere wegukanye Zahabu muri iri rushanwa ry’uyu mwaka. U Rwanda kandi rwegukanye umudali w’Umuringa mu gusiganwa metero 4x100.

Mu mupira w’amaguru w’abakobwa batarengeje imyaka 15, Ikipe y’u Rwanda yatsinze Nyasore yo muri Kenya igitego 1-0, ikomeza kwiyongerera amahirwe yo kwegukana igikombe aho kuri ubu isigaje umukino umwe.

Muri Handball y’aba bakinnyi bakiri bato, abakobwa b’u Rwanda bakomeje urugendo rwabo rwo kwitwara neza, batsinda Mondo yo muri Tanzania ibitego 15-10.

U Rwanda rwahise rugira intsinzi eshanu mu mikino itanu, aho rufite amanota 15 kuri 15 ndetse ruyoboye amakipe atandatu ari muri iki cyiciro mbere yo gukina umukino wa nyuma ushobora kuruhesha igikombe.

Uyu musaruro uje ukurikira uw’ingimbi z’u Rwanda muri Volleyball y’abatarengeje imyaka, na zo ziyoboye amakipe atandatu nyuma yo gutsinda imikino itanu yose zakinnye, zikagira amanota 15 kuri 15 ndetse bikaba byitezwe ko zizegukana igikombe ku wa Gatanu kuko ikipe zihanganiye na yo umwanya wa mbere kuri ubu ishinjwa uburiganya bwo gukinisha umukinnyi mukuru.

Mu mupira w’amaguru w’abatarengeje imyaka, CGFK yabaye indi kipe y’u Rwanda yabonye itike ya ½, nyuma y’umukino wayihuje na Urambo Day Secondary School yo muri Tanzania warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, ugakomereza kuri penaliti aho iyi kipe yo mu Karere ka Kicukiro yatsinze 5-3.

Nyuma yo kubona itike ya ½ ku wa Kabiri, PSB Huye na yo yakomeje kwitwara neza mu mupira w’amaguru w’abakobwa batarengeje imyaka 20, itsinda Rines Secondary School yo muri Uganda ibitego 2-0.

Muri Volleyball y’abatarengeje imyaka 20, amakipe yombi y’u Rwanda yari yamaze kugera muri ½ ntiyahiriwe n’uyu Munsi wa Gatanu. Nyanza TSS yatsinzwe na Bukedea yo muri Uganda amaseti 3-1 mu bahungu, naho GS Indangaburezi itsindwa na Kesogon yo muri Kenya 3-0 mu bakobwa.

Basketball y’abakina ari batanu yakomeje guhesha u Rwanda umusaruro mwiza. ITS yatsinze St Cyprian High School yo muri Uganda amanota 80-64, mu gihe ESB Kamonyi y’abakobwa yatsinzwe na St Mary’s Kitende yo muri Uganda amanota 82-73. Amakipe yombi yamaze kubona itike ya ½.

Muri Basketball y’abakina ari batatu, abahungu ba ESB Kamonyi batsinze Seroma amanota 17-9, na bo babona itike ya ½ mu gihe abakobwa batsinze Itigi amanota 21-7 mu mukino wo guhatanira imyanya.

Muri Handball y’abatarengeje imyaka 20, GS Tabagwe yatsinzwe na Wampeewo Ntaake yo muri Uganda ibitego 38-22, naho Kiziguro SS itsinda Moi Kamusinga yo muri Kenya ibitego 25-24.

Amakipe y’u Rwanda ya Table Tennis yo ntiyahiriwe n’imikino ya ½ aho Team Rwanda 1 y’abahungu yatsinzwe na Seroma CHS yo muri Uganda imikino 3-1, ikipe y’abakobwa itsindwa na Kenya 3-1, naho Team Rwanda 2 y’abahungu itsindwa na Kibuli SS yo muri Uganda 3-0.

Ku wa 20 Kanama 2026 nta mikino myinshi iteganyijwe kubera ko ari Umunsi wahariwe Umuco, ariko mu mikino mike izaba harimo uwa Handball y’abakobwa batarengeje imyaka 20 uzahuza Kiziguro SS na Nyakack yo muri Kenya. Iyi kipe yo mu Rwanda isabwa gutsinda kugira ngo ishimangire kuzakina imikino ya ½.

Abakobwa bahagarariye u Rwanda muri Handball y'abatarengeje imyaka 15 bamaze gutsinda imikino itanu, aho kuri ubu ari aba mbere mu makipe atandatu
Abangavu b'u Rwanda babonye intsinzi ya gatanu batsinze Mondo yo muri Tanzania
Umutoza Bagirishya Anaclet ukurikirana amakipe ya Handball, atanga amabwiriza kuri aba bangavu babura umukino umwe ngo begukane igikombe
Ikipe y'abakobwa batarengeje imyaka 15 mu bakobwa na yo ifite amahirwe menshi ku gikombe
Abangavu b'u Rwanda batsinze aba Nyasore yo muri Kenya igitego 1-0
Ikipe y'abahungu bakina Handball mu batarengeje imyaka 15, yatsinzwe na Luoro yo muri Kenya ku kinyuranyo cy'ibitego bitatu ndetse kuri ubu ni iya kabiri mu makipe atandatu
Kuri ubu ingimbi z'u Rwanda ziri ku mwanya wa kane mu makipe atandatu
Ikipe y'u Rwanda y'Ingimbi zitarengeje imyaka 15 muri ruhago, na yo yongeye kubona intsinzi
Tuyishime Eric yahesheje u Rwanda umudali wa mbere wa Zahabu muri FEASSA 2026

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages