00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CHAN: Nyuma yo gutsinda Côte d’Ivoire , Amavubi yakomereje imyitozo mu mazi

Yanditswe na

Manzi Jules

Kuya 18 January 2016 saa 09:08
Yasuwe :

Nyuma yo gutsinda Côte d’Ivoire mu mukino ufungura CHAN, Amavubi yerekeje kuri hotel acumbitsemo i Nyamata, maze ku Cyumweru abakinnyi bose bazindukira mu rwogero mu rwego rwo kugarura imbaraga no kurambura imitsi.

Umutoza yavuze ko akazi gakomeye kagikomeje ku ikipe y’Amavubi ariyo mpamvu bagiye mu rubura ndetse no mu rwogero kugira ngo bashire umunaniro babone uko bakomeza kwitegura indi mikino yo mu itsinda.

Mckinstry wari umaze iminsi adafitiwe icyizere n’abakunzi b’Amavubi batari bake, yongeye kwigarurira abafana nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma mu mikino ya CECAFA yabereye muri Ethiopia, nubwo bagiye nta mahirwe bahabwa nyuma yo gutsindwa na Libya mu rugo mu guhatanira kuzitabira igikombe cy’Isi cya 2018.

Kuva icyo gihe Amavubi yagiye yitwara neza haba mu mikino ya gishuti yakinnye yitegura CHAN, inganya na Cameroun inatsinda RDC.

By’umwihariko, gutsinda umukino wa mbere, imbere y’imbaga y’abafana bari buzuye Stade Amahoro, byongereye icyizere Mckinstry.

Mckinstry yahawe inshingano zo kugeza Amavubi kure hashoboka muri iyi mikino, ariko we yavuze ko umusaruro wose uzaboneka uzaterwa n’uburyo ikipe izakomeza gushyigikirwa n’abafana ndetse ko icyihutirwa ari ugukora ibishoboka Amavubi agasohoka mu matsinda.

Umutoza yari abari hafi
Abakinnyi b'ikipe y’igihugu Amavubi bakomereje imyitozo mu mazi
Abakinnyi bicaye mu mazi y'urubura kugira ngo bashire amavunane barambure imitsi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages