00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Awan Din Imtiaz yitabye Imana

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 16 January 2025 saa 09:58
Yasuwe :

Umurundi Awan Din Imtiaz wegukanye Shampiyona y’Igihugu yo Gusiganwa mu Modoka mu 2018, yitabye Imana kuri uyu wa Kane azize uburwayi.

Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye ku gicamunsi nk’uko IGIHE yabyemerejwe n’Umuyobozi wa Tekinike mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka (RAC), Yoto Fabrice.

Yavuze ko ubwo baherukaga kuvugana ku wa Kabiri, Imtiaz atari arwaye bikomeye, ariko yagombaga kubagwa mu bitaro by’i Bujumbura kuri uyu wa Kane.

Din Imtiaz yari umwe mu ba-pilote b’abanyamahanga bakina umukino wo gusiganwa mu modoka, ariko bazwi mu Rwanda kubera kwitabira amarushanwa yaho menshi.

Mu 2018, ubwo yakinanaga na Bigirimana Christophe, begukanye Shampiyona y’u Rwanda y’uyu mukino nubwo bari babaye aba kabiri muri Rallye des Mille Collines yasozaga umwaka.

Mu Ukwakira 2024, yitabiriye isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla Rally ariko akinira ku byangombwa bya Uganda.

Awan Din Imtiaz wakinaga amasiganwa y'imodoka yitabye Imana
Din Imtiaz (hagati) yajyaga yitabira amasiganwa atandukanye arimo n'ayo mu Rwanda
Mu Ukwakira 2024, Imtiaz yitabiriye Rwanda Mountain Gorilla Rally
Yoto Fabrice (iburyo) yavuze ko ubwo yaherukaga kuvugana na Awan Din Imtiaz atari arembye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .