00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ashton Hall yahuriye na Kagarara muri Ghana

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 29 June 2026 saa 12:34
Yasuwe :

Umunyamerika Ashton Hall wamamaye cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera gukora siporo zidasanze by’umwihariko kwiruka, yahuye na Kagarara w’Umunyarwanda umwigana.

Ku Cyumweru, tariki ya 28 Kamena 2026, ni bwo Ashton Hall yatangiye urugendo rwo kuzenguruka ibihugu bya Afurika ahura n’abafana be, aruhera muri Ghana.

Aha ni ho yahuriye na Kagarara na we umaze kuba ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo gusubiramo amashusho y’ibyo akora.

Kagarara wiswe ’Ashton Small’ weretswe Ashton Hall mu buryo busa n’ubwamutunguye, yahise amubwira ngo nibarushanwe gukora ‘pompage’, hanyuma Kagarara ahita ajya hasi batangira kubabarira.

Ashton Hall yageze kuri 70 arekera aho, Kagarara we akomeza gutera ‘mpompage’, bombi bahita bibwirana, Ashton Hall ahita amubwira ko yifuza “kujya no mu Rwanda”.

Aba bombi bajyanye kureba aho abandi bubatse umubiri bakorera imyitozo muri Ghana.

Mu busanzwe, buri mu masaha ya mugitondo, Ashton Hall akora ibikorwa byo kubaka umubiri mu buryo bugaragara, ndetse ni ibikorwa amaze imyaka 15 akora mu buryo buhoraho.

Azasura ibihugu bya Afurika nyuma y’uko asuye ibindi birimo u Budage, Puerto Rico, u Buhinde na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.

Kagarara wamamaye ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, ni umwe mu bigaruriye ibyamamare bisura u Rwanda binakoresha izi mbuga, urugero ni Darren Jason Watkins Jr. ‘IShowSpeed’, na we wasuye u Rwanda bakarushanwa gukora ‘pompage’.

Ashton Hall yahuye na Kagarara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages