Amafoto n’amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Anthony Joshua yicaye inyuma mu modoka nta kintu yambaye hejuru, akikijwe n’ikirahuri cyamenetse.
Itangazamakuru ryo muri Nigeria ryatangaje ko Joshua yari yicaye inyuma mu modoka yagonganye n’indi modoka yari ihagaze.
Bivugwa ko iyi mpanuka yabereye mu muhanda wa Lagos-Ibadan mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.
Mu mashusho, Joshua yagaragaye ataka cyane ubwo yavaga mu modoka yangiritse cyane.
Polisi ya Nigeria yatangarije BBC ko Joshua w’imyaka 36 yakomeretse byoroheje ariko “ameze neza”.
Yongeyeho ko abantu babiri ari bo bapfiriye muri iyi mpanuka mu gihe Joshua n’abandi bakomeretse bajyanywe mu bitaro bitigeze bitangazwa.
Adeniyi Orojo wabonye iyo mpanuka iba, yabwiye The Punch yo muri Nigeria ko imodoka ya Lexus n’iya Pajero ari zo zagonganye.
Ati “Joshua yari yicaye inyuma y’umushoferi, hari n’undi muntu umwicaye inyuma. Hari undi mugenzi wari wicaye iruhande rw’umushoferi, bivuze ko bari bane muri Lexus yangiritse cyane. Abashinzwe umutekano we bari mu yindi modoka yari inyuma yabo mbere y’impanuka.”
Amasaha make mbere y’impanuka, Saa Yine n’Igice za mu gitondo, Joshua yashyize amashusho ku rubuga rwa Instagram akina Table Tennis hamwe n’undi mugabo.
Anthony Joshua amaze iminsi muri Nigeria nyuma yo gukina na Jake Paul ku wa 19 Ukuboza 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!