00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe umunani azakina imikino ya nyuma ya ‘CAF U15 Football’ mu Rwanda yamenyekanye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 November 2025 saa 08:15
Yasuwe :

Ku Cyumweru, tariki ya 2 Ugushyingo 2025, ni bwo mu bice bitandukanye hakinwe imikino ibanziriza iya nyuma yo ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’umupira w’amaguru ahuza amashuri mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 15 (U15 CAF African Schools Football Championship).

Iyi mikino yahuje abahungu n’abakobwa, yabereye ku kibuga bya Camp Kigali mu Mujyi wa Kigali, ku kibuga cya APICUR i Musanze no kuri Stade ya Muhanga, isiga hamenyekanye amakipe ane azakina imikino ya ½ muri buri cyiciro.

Mu bahungu n’abakobwa, amakipe 12 ni yo yakinnye imikino ibanziriza iya nyuma, aho yari yagabanyijwe mu matsinda ane agizwe n’amakipe atatu, aya mbere aba ari yo akomeza ku mikino ya nyuma.

Mu mikino yabereye i Musanze, amakipe yakomeje ni GS Rugunga (Nyarugenge) mu bakobwa na GS Busigari (Rubavu) mu bahungu; ku bakiniye muri Camp Kigali hava GS Cyarwa (Huye) na GS Bushaka (Rutsiro) mu bahungu naho mu bakobwa hava PSB Butare (Huye) na CFC (Rwamagana).

Ni mu gihe mu mikino yabereye i Muhanga, amakipe yakomeje ni GS Dihiro (Bugesera) mu bahungu na GS Mugombwa (Gisagara) mu bakobwa.

Imikino ya nyuma iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, tariki ya 8 n’iya 9 Ugushyingo 2025, aho izakinirwa kuri Petit Stade Umuganda na Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu.

Ku wa Gatandatu ni bwo hazakinwa iya ½ aho mu bahungu, GS Busigari izahura na GS Dihiro saa Cyenda naho GS Cyarwa igahura na GS Bushaka guhera saa Kumi.

Mu bakobwa, GS APE Rugunga izahura na GS Mugombwa guhera saa Saba naho PSB Butare ihure na CFC Rwamagana saa Munani.

Imikino ya nyuma iteganyijwe ku Cyumweru, aho abakobwa bazakina saa Tatu naho abahungu bagakina saa Yine kuri Stade Umuganda.

Mu 2024, igikombe cyegukanywe n’ikipe y’abahungu ya GS Kicukiro n’iy’abakobwa ya PS Baptiste yo mu Karere ka Huye.

Uretse kuba amakipe yitwaye neza azahagarira u Rwanda mu mikino ya “African Schools Football Championship 2024”, Ishyirahamwe ry’Imikino n’Umuco mu Mashuri (FRSS) ryashyizeho uburyo hakurikiranwa abana bagaragaza impano muri aya marushanwa.

Amwe mu mafoto yaranze iyi mikino:


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages