Kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025, ni bwo mu Mujyi wa Mombasa muri Kenya hatangiye aya masiganwa, hakinwa ayo gusiganwa n’igihe buri mukinnyi ku giti cye, mu ngimbi n’abangavu batarengeje imyaka 19, abagabo n’abagore.
Mu bangavu, umukinnyi rukumbi wari uhagarariye u Rwanda ari we Masengesho Yvonne yitwaye neza aho yegukanye umwanya wa gatatu akoresheje iminota 11, amasegonda 20 ku ntera y’ibilometero 14, bimuhesha kwegukana umudali w’Umuringa.
Muri iki cyiciro Umudali wa Zahabu wegukanywe na Kiros Tsige wo muri Ethiopia wakoresheje iminota 10 n’amasegonda 56, naho uwa Feza wegukanwa n’Umunya-Eritrea Adyam Tesfu wakoresheje iminota 11 n’amasegonda abiri.
Mu ngimbi zakoze ibilometero 28, Ntirenganya Moïse yabaye uwa gatanu ari we Munyarwanda waje hafi, yasizwe amasegonda 43 n’Umunya-Mauritius Hardy Tristan wegukanye Umudali wa Zahabu. Ni mu gihe mugenzi we Ishimwe Brian yabaye uwa 16 yasizwe umunota n’amasegonda 56.
Abagore n’abakobwa batarengeje imyaka 23 bakoze ibilometero 28, Mwamikazi Jazilla yabaye uwa kabiri atwara Umudali wa Feza akoresheje iminota 19 n’amasegonda 48, arushwa amasegonda 14 n’Umunya-Algeria Houili Nasrine wegukanye umudali wa Zahabu.
Umunyarwanda waje hafi mu bagabo batarengeje imyaka 23, ni Tuyizere Etienne wakoresheje iminota 17 n’amasegonda 41 akaba uwa gatanu, arushwa amasegonda 56 n’Umunya-Afurika y’Epfo, Dike Joshua, wabaye uwa mbere. Niyonkuru Samuel we yabaye uwa cyenda yasizwe umunota n’amasegonda 17.
Mu bagore, Nirere Xaverine ari mu bitwaye neza kuko yatwaye umudali w’Umuringa nyuma yo kuba uwa gatatu akoresheje iminota 19 n’amasegonda 31 ku ntera y’ibilometero 28.
Young Lucie wo muri Afurika y’Epfo yegukanye uwa Zahabu akoresheje iminota 18 n’amasegonda 31, Halbwachs Aurelie aba uwa kabiri yakoresheje iminota 19 n’amasegonda 13.
Ni mu gihe Ingabire Diane yabaye uwa gatanu muri iki cyiciro.
Mu bagabo Nsengiyumva Shemu yabaye Umunyarwanda wasoreje hafi ari ku mwanya wa kane, kuko yakoresheje iminota 16 n’amasegonda 49 ku ntera y’ibilometero 28, arushwa amasegonda 24 n’umukinnyi wa mbere.
Batatu ba mbere ni Downes Brandon wo muri Afurika y’Epfo na mugenzi we Janse Van Rensburg Reinardt, mu gihe uwa gatatu ari Mayer Henri Alexandre wo mu Birwa bya Maurice.
Ku wa Gatanu, tariki ya 21 Ugushyingo, hazakinwa amasiganwa yo mu muhanda mu bakiri bato [abahungu n’bakobwa batarengeje imyaka 17], abangavu [Juniors- batarengeje imyaka 19] no gusiganwa n’igihe nk’ikipe, abagore bavanze n’abagabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!