Ni igikorwa cyabaye ku nshuro ya gatanu, kiba mu mpera z’icyumweru gishize, abacyitabiriye bahura n’imiryango yabo n’abandi baturage mu marushanwa y’umupira w’amaguru, Basketball, Volleyball, Table Tennis n’indi.
Insanganyamatsiko y’iki gikorwa igira iti “Umukino umwe. Umuryango Umwe. Diaspora imwe.” Iyi yashyizweho mu rwego rwo kugaragaza ko ubumwe b’inkomoka yabo bukwiriye kugaragara nk’uko bigenda mu mikino.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yagaragaje ko ubu ari uburyo bumwe mu bugaragaza ko Abanyarwanda aho bari hose bakwiriye gukomeza gushyira hamwe.
Ambasaderi Mukantabana kandi yashimiye abateguye iki gikorwa, abakinnyi, abakorerabushake n’imiryango, kuko bose bagaragaje ubwitange kugira ngo uyu munsi ugende neza.
Yavuze ko iki gikorwa kidasiga abantu bakoze siporo gusa, ahubwo hari n’andi mahirwe urubyiruko rubona yo kwiga indangagaciro ziranga Umunyarwanda, no guhura n’ababongerera ubumwenyi bwabafasha kwiteza imbere.
Yasabye ko umubare w’abitabira ukwiriye kwiyongera, hakajyamo n’abandi Banyarwanda benshi mu batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!