00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urwibutso Abanyarwanda basigiwe na Shampiyona y’Isi y’Amagare (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 28 September 2025 saa 10:50
Yasuwe :

Abanyarwanda batandukanye bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, bagaragaje ko urwibutso ibasigiye ari amateka igihugu cyabo cyanditse ndetse n’ibihe byiza bagiriye muri iri rushanwa.

Yari iminsi umunani y’amateka kuri Kigali, yabaye umujyi wa mbere wo muri Afurika wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu myaka 104 imaze ikinwa.

Ubwo iri rushanwa ryasozwaga ku Cyumweru tariki ya 28 Nzeri 2025, IGIHE yaganiriye n’abafana batandukanye baryitabiriye bagaruka ku rwibutso iyi shampiyona ibasigiye.

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine, yavuze ko iyi shampiyona yagaragaje ko siporo nta mipaka igira.

Ati “Ntabwo umuntu yabona amagambo yo kubivuga byabaye byiza cyane abantu bose bitwaye neza. Muri make ibibereye hano muri iki cyumweru nabyita igitangaza.”

Yakomeje agira ati “Urwibutso insigiye ni ukuvugango siporo nta mipaka igira. Nk’igihugu cyacu nyuma y’imyaka 31 iremeza ko twakoze ibintu kandi dufite no gukora ibindi byiza kurushaho.”

Umuhanzi Boukuru yavuze ko yishimiye kubona Abanyarwanda banezerewe cyane.

Ati “Nishimiye kuba ndi muri iri rushanwa. Kureba Abanyarwanda bishimiye gutya biranejeje cyane.”

Havugimana Jean Baptiste ukinira Kigali Cycling Team yavuze ko imusigiye urwibutso rwo kubona abakinnyi bakomeye ku Isi.

Ati “Insigiye ko nabashije kubona ibihangange mu mukino kandi nk’umukinnyi w’amagare bizajya bidutera imbaraga twibuke ko n’ahandi yabera twayitabira tukayikina ntakibazo.”

Perezida Kagame ashyikiriza igihembo Tadej Pogačar
Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar, yisubije iri siganwa mu gusiganwa mu muhanda

Video: Byiringiro Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages