00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunya-Colombia, Edwin Ávila Vanegas yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Ngabo Roben
Kuya 27 February 2019 saa 03:30
Yasuwe :

Ibyiza bitatse u Rwanda byatambagijwe abakurikirana isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ku magare, Tour du Rwanda, mu gace karyo ka kane kahagurutse i Rubavu kagasorezwa i Karongi ku ntera ya kilometero 102.6.

Isiganwa ryakikiye inkombe z’ikiyaga cya Kivu, rica mu mirima y’icyayi ya Pfunda, rizamuka imisozi ya Rutsiro, rinyura mu ishyamba rya Gishwati risorezwa ku mazi i Karongi.

Aka gace ka kane ka Tour du Rwanda 2019 kakinwe n’abakinnyi 76, batarimo babiri b’abanya-Cameroun basezerewe kubera kugera aho basoreza barengeje iminota 40 uwa mbere ahageze kandi ntabwo byemewe mu mukino w’amagare.

Abasiganwa bahagurutse i Rubavu saa 10:00 bazamuka umusozi wa Nkamira na Bazirete, bakomeza ku Nyundo bafata Pfunda.

Mbere yo kwinjira mu muhanda mushya umanuka kuri Nyamyumba winjira mu karere ka Rutsiro, habayeho gucomoka gukomeye kw’abakinnyi 16 basize igikundi.

Abo bakinnyi barimo Pablo Torres Muiño ukinira Interpro Cycling Academy, Alessandro Fedeli wa Delko Marseille, David Lozano ukinira Team Novo Nordisk, Daniel Turek ukomoka muri République Tchèque, Bruno Araujo wa BAI - Sicasal - Petro de Luanda yo muri Angola n’abanyarwanda Mugisha Samuel na Didier Munyaneza bajyanye.

Binjiye muri pariki ya Gishwati basiga igikundi kirimo Merhawi Kudus iminota itatu bagenda bayongera ubwo bamanukaga binjira muri Mushubati bazamukira i Rubengera.

Uko basatiraga ibilometero bya nyuma niko bamwe bagendaga bananirwa bavamo hasigara abakinnyi batatu gusa aribo Edwin Alcibiades Ávila Vanegas wa Israel Cycling Academy, Pablo Torres Muiño ukinira Interpro Cycling Academy na Mugisha Samuel.

Babura ibilometero bitanu ngo bagere i Karongi ku ishami rya Cogebanque aho basoreje, basatiriwe n’abandi bakinnyi barimo Sirak Tesfom ukinira ikipe y’igihugu ya Érythrée.

Kuko Mugisha atari umuhanga muri Sprint byarangiye atsindiwe muri metero 500 za nyuma aho agace kegukanywe na Edwin Alcibiades Ávila Vanegas akoresheje 02: 37’32’’.

Igikundi kirimo Merhawi Kudus n’abanyarwanda nka Areruya Joseph na Ndayisenga Valens cyahageze nyuma y’iminota itandatu n’amasegonda 46.

Iyi ntera ntacyo yafashije Avila ku rutonde rusange rwakomeje kuyoborwa na Merhawi Kudus wa Astana Pro Team.

Uko bakurikiranye:

1.Edwin Alcibiades Ávila Vanegas (Israel Cycling Academy): 02: 37’32’’

2. Pablo Torres Muiño (Interpro Cycling Academy): 02: 37’32’’

3.Sirak Tesfom (Érythrée): 02: 37’35’’

4. Mugisha Samuel (Dimension Data): 02: 37’35’’

5. David Lozano Rabi (Team Novo Nordisk): 02h 37’40’’

Uko bakurikiranye ku rutonde rusange rukiyobowe na Kudus
1. Merhawi Kudus – 13:48’19’’

2. Rein Taaramae – 13:48’36’’

3. Matteo Badialatti – 13:49’04’’

4. Aguirre Ricardo – 13:49’19’’

5. Tesfom Sirak – 13:52’23’’

Uko abanyarwanda bahagaze ku rutonde rusange n’ibihe basigwa na Kudus

10. Didier Munyaneza (Benediction Club): 06’17’’

15. Areruya Joseph (Delko Marseille): 09’54’’

16. Valens Ndayisenga (Team Rwanda): 10’04’’

18.Manizabayo Eric (Benediction Club): 10’23’’

25. Mugisha Samuel (Dimension Data): 14’45’’

Vanigas yatsinze abo bari kumwe kubera Sprint
Ni inshuro ya mbere Umunya-Amerika y'eEpfo yegukanye agace muri Tour du Rwanda
Bahageraga bananiwe bigaragara
Merhawi Kudus n'igikundi bageze ku murongo Avila watsinze amaze iminota irenga itandatu ahageze
Mugisha Moise uri mu bakinnyi bato muri iri siganwa ari guhabwa amasomo mashya kuko ku rutonde rusange ubu arushwa iminota 47 n'uwa mbere
Edwin Alcibiades Ávila Vanegas wa Israel Cycling Academy niwe wegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda
Ikinyobwa cya Skol yahise agisoma aracurura
Didier Munyaneza uri ku mwanya wa 10 ku rutonde rusange yahembwe na RDB nk'umunyarwanda uza hafi
Ikipe ihiga izindi ni Astana Pro Team
Merhawi Kudus nubwo yahageze nyuma y'iminota irenga itandatu aracyayoboye urutonde rusange
Nyuma yo kuyobora isiganwa igihe kirekire, Mugisha Samuel yahembwe na NAEB nk'uhatana kurusha abandi
Pablo Torres Muiño wa Interpro Cycling Academy yegukanye Umwenda utangwa na Cogebanque uhabwa urusha abandi guterera
Prime Insurance Ltd yahembye Debesay Yakob ukinira ikipe y'igihugu ya Érythrée nk'urusha abandi bari munsi y'imyaka 23
Umunyafurika uyoboye abandi ni Merhawi Kudus ukomoka muri Érythrée wahembwe na RwandAir
Urusha abandi Sprint ni Du Plooy Rohan ukinira Pro-Touch yahembwe na SP
Cogebanque nk'umufatanyabikorwa mukuru wa Tour du Rwanda yari ihagarariwe
Ku mpera ya buri ntera aya mafaranga aba ategereje umunyamahirwe utombora muri Cogebanque
Abakobwa bafasha Cobeganque mu kumenyekanisha ibikorwa byayo muri iri rushanwa
Munyantwari Alphonse uyobora Intara y'Uburengerazuba aganira naPerezida wa Ferwacy Bayingana Aimable nyuma y'agace k'uyu munsi
Nemeye Platini wo muri Dream Boys (iburyo), ari mu bakomeje kwamamaza Canal muri iri siganwa

Kanda hano urebe uko iri siganwa ryagenze umunota ku wundi
Amafoto: Niyonzima Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages