Iyi Shampiyona yakinwaga ku nshuro ya 19, yari yitabiriwe n’ibihugu 30 bihagarariwe n’abakinnyi bakinnye mu byiciro birimo abagabo, abagore n’abatarengeje imyaka 23, 19 na 17 mu byiciro byombi.
Kuri iki Cyumweru, ubwo yashyirwagaho akadomo, habaye amasiganwa yo mu muhanda mu cyiciro cy’abagabo n’abahungu batarengeje imyaka 23 na 19, ndetse birangira intsinzi zose zitashye muri Eritrea.
Mu bagabo bakinnye ibilometero 163,8, Merhawi Kudus yegukanye umudali wa Zahabu anganya ibihe na mugenzi we Aman Awet bakoresheje amasaha atatu, iminota 53 n’amasegonda atandatu, basiga Umunya-Algeria Mimouni Oussama Abdellah amasegonda atanu.
Ku mwanya wa kane hasoreje Umunyarwanda Niyonkuru Samuel wasizwe amasegonda 13 naho Mugisha Moïse aba uwa gatandatu yasizwe amasegonda 16.
Uku kwitwara neza kwatumye Niyonkuru Samuel aba uwa gatatu mu batarengeje imyaka 23, yegukana umudali w’Umuringa akurikiye Aman Awet wegukanye uwa Zahabu na Mimoumi watwaye uwa Feza.
Uyu mudali wabonetse ku munsi wa nyuma watumye u Rwanda rusoza rufite imidali 10, ku mwanya wa gatatu mu bihugu byatwaye imidali myinshi biyobowe na Afurika y’Epfo yatwaye itandatu irimo ine ya Zahabu na Eritrea yatwaye 10 irimo itatu ya Zahabu n’itanu ya Feza.
Ku ruhande rw’u Rwanda, rwo rwatwaye ibiri ya Zahabu yegukanywe na Akimana Donatha mu batarengeje imyaka 17 na Nyirarukundo Claudette mu batarengeje imyaka 23, bombi mu masiganwa yo mu muhanda.
Hari kandi imidali ine ya Feza irimo uwa Team Rwanda mu gukina nk’ikipe abahungu bavanze n’abakobwa, Masengesho Yvonne n’ibiri ya Mwamikazi Jazilla.
Imidali ine y’Umuringa yegukanywe na Masengesho Yvonne, Nyirarukundo Claudette, Nirere Xaveline na Niyonkuru Samuel.
Muri Shampiyona Nyafurika y’Amagare y’uyu mwaka, u Rwanda rwari ruhagarariwe n’abakinnyi 23.
Mu 2024, rwegukanye imidali ine muri Kenya rufite abakinnyi 20 mu gihe mu 2023, Team Rwanda yegukanye imidali umunani i Accra muri Ghana.
Uko ibihugu byarushanyijwe mu midali muri Shampiyona Nyafurika ya 2025:
| No | Igihugu | Imidali ya Zahabu | Imidali ya Feza | Imidali y’Umuringa |
| 1 | Afurika y’Epfo | 4 | 1 | 1 |
| 2 | Eritrea | 3 | 5 | 2 |
| 3 | Rwanda | 2 | 4 | 4 |
| 4 | Algeria | 2 | 2 | 3 |
| 5 | Ibirwa bya Maurice | 2 | 1 | 1 |
| 6 | Ethiopia | 2 | 0 | 1 |
| 7 | Misiri | 0 | 1 | 0 |
| 8 | Uganda | 0 | 1 | 0 |
| 9 | Maroc | 0 | 1 | 0 |
| 10 | Namibia | 0 | 0 | 1 |
| 11 | Zimbabwe | 0 | 0 | 1 |



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!