00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tadej Pogačar ntazahagarara kuri Shampiyona y’Isi y’Amagare yatwariye i Kigali

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 September 2026 saa 03:10
Yasuwe :

Nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Umunya-Slovenia Tadej Pogačar, yafashe umwanzuro wo guhagarika ibikorwa bye byose byo gusiganwa muri uyu mwaka wa 2026, nyuma yo gukora impanuka ikomeye muri Vuelta a España.

Pogačar wari wambaye umwambaro w’umukinnyi uyoboye isiganwa rya Vuelta a España, yakoze impanuka hakinwa agace ka munani ku wa 29 Kanama 2026. Iyi mpanuka yatumye avunika igufa ryo ku rutugu rw’ibumoso ndetse agira n’ikibazo ku ijosi, bituma ahita ava mu isiganwa.

Nyuma yo kugirwa inama n’abaganga bamukurikirana, Pogačar n’ikipe ye ya UAE Team Emirates-XRG bafashe icyemezo cyo kutongera kumushyira mu yandi masiganwa asigaye muri uyu mwaka, ahubwo akibanda ku gukira neza kugira ngo azongere gukina afite imbaraga.

Iki cyemezo gisobanuye ko uyu mukinnyi w’imyaka 27 atazitabira Shampiyona y’Isi izabera i Montréal muri Canada, Shampiyona y’u Burayi ndetse na Il Lombardia, rimwe mu masiganwa akomeye aba ku ngengabihe ya UCI.

Aya masiganwa yose yari ayitezwemo dore ko ari we wayegukanye mu mwaka ushize, by’umwihariko Shampiyona y’Isi ya 2025 yabereye i Kigali aho bwari ubwa mbere ibereye ku Mugabane wa Afurika.

Pogačar ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu mateka y’umukino y’amagare, aho amaze kwegukana Tour de France inshuro eshanu ndetse akaba yarabaye umwe muri bake begukanye amasiganwa akomeye atandukanye ku rwego mpuzamahanga.

Nubwo iyi mvune imusabye gusoza umwaka wa 2026 mbere y’igihe, Pogačar yatangaje ko yifuza kubanza kwita ku buzima bwe no gukira neza, mbere yo gutangira gutegura intego nshya z’umwaka utaha.

Ikipe ya UAE Team Emirates-XRG na yo yashimangiye ko izakomeza kumushyigikira dore ko ari mu nkingi zayo za mwamba.

Tadej Pogačar wegukanye Shampiyona y'Isi ya 2025 i Kigali, ntazitabira iya 2026 i Montréal kubera impanuka aheruka gukora
Impanuka Pogačar yagize yasize avunitse urutugu n'ijosi
Pogačar ni we wari uyoboye urutonde rusange rwa Vuelta a España mbere yo kuva mu irushanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages