Ni irushanwa rizitabirwa n’abakinnyi baturutse mu makipe manyamuryango yayo n’andi makipe yo mu gihugu yabisabye akabyemererwa.
Abakinnyi bazarushanwa mu cyiciro cy’abagabo, abatarengeje imyaka 23 na ‘juniors’ [ingimbi zitarengeje imyaka 19]. Hari kandi n’icyiciro cy’abagore (abakuru n’abatarengeje imyaka 23 na 19).
Ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Kamena, hazaba irushanwa ryo gusiganwa n’igihe buri muntu ku giti cye mu muhanda wa Batsinda – Ku Idigiri – Batsinda.
Intera y’isiganwa izaba ari ibilometero 21 ku bangavu, ibilometero 30 ku bagore n’ingimbi n’ibilometero 41 ku bagabo n’abatarengeje imyaka 23.
Bukeye bwaho, tariki ya 28 Kamena, hazaba irushanwa ryo gusiganwa mu muhanda, aho rizatangira Saa Tatu za mu gitondo.
Isiganwa rizahagurikira muri Santere ya Batsinda, rinyure i Shyorongi, kuri Base, i Gicumbi, mu Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda ku ntera y’ibilometero 158 mu cyiciro cy’abagabo n’abatarengeje imyaka 23.
Abagore n’ingimbi bazakina intera y’ibilometero 115 bizatangirira ku Kirenge, banyure kuri Base, i Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda.
Abangavu bazakina intera y’ibilometero 62 aho bazahagurukira muri Santere ya Ibanda mu Karere ka Gicumbi.
Nkundabera Eric ‘Buravan’ (mu bagabo no mu batarengeje imyaka 23) na Ntirenganya Moïse mu ngimbi ni bo batwaye Shampiyona y’Igihugu mu 2025.
Mu bagore, abaherukaga gutsindira umwambaro uriho ibendera ry’Igihugu ni Mwamikazi Jazilla mu bakuru na Masengesho Yvonne mu bangavu.
Mu gukina buri wese ku giti cye, abari bitwaye neza ni Niyonkuru Samuel mu bagabo na Nirere Xaverine mu bagore. Mu ngimbi hari hatsinze Twagirayezu Didier naho mu bangavu hatsinda Izabayo Immaculée.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!