00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rugambwa Jean Baptiste watozaga Les Amis Sportifs y’i Rwamagana yitabye Imana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 July 2018 saa 07:41
Yasuwe :

Rugambwa Jean Baptiste wari Perezida wa Les Amis Sportifs y’i Rwamagana, anayibereye umutoza, yitabye Imana azize impanuka yakoze ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, ubwo yavaga mu Karere ka Rubavu ahasorejwe isiganwa ritegura Tour du Rwanda 2018.

Rugambwa yakoze impanuka nyuma y’iminsi ibiri yari amaze ari kumwe n’ikipe ye isiganwa mu myiteguro ya Tour du Rwanda.

Uyu mutoza yaguye mu mpanuka nyuma y’uko moto yari atwaye yagonganye n’imodoka ubwo yari ageze mu Karere ka Rulindo hafi yo kwa Nyirangarama.

Amakuru agera kuri IGIHE ni uko yashatse gukata mu ikorosi ahita agongana n’imodoka, biza kumuviramo kwitaba Imana.

Mu marushanwa abiri ategura Tour du Rwanda yakinwe mu mpera z’iki cyumweru, Munyaneza Didier yegukanye agace ka kabiri kavaga i Karongi kerekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 95.1 mu gihe Nsengimana Jean Bosco ukinira Benediction y’i Rubavu, yegukanye aka mbere kavaga i Musanze kerekeza i Karongi ku ntera ya kilometero 135.8 kakinwe ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Nyakanga 2018.

Rugambwa yazamuye abakinnyi benshi bakomeye barimo Ndayisenga Valens ukina muri Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière (POCCL), Areruya Joseph ukinira Delko–Marseille Provence KTM yo mu Bufaransa n’abandi.

Mu Ugushyingo 2017, Muhabwampundu Esther wakinaga muri Les Amis Sportifs na we yitabye Imana agonganye n’imodoka ubwo yari mu mwiherero i Musanze.

Rugambwa Jean Baptiste (hagati) watozaga Les Amis Sportifs y'i Rwamagana yitabye Imana avuye mu isiganwa ritegura Tour du Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .