00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Niyonkuru Samuel na Nzayisenga Valentine begukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare ya 2026 (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 28 June 2026 saa 09:50
Yasuwe :

Niyonkuru Samuel ukinira Team Amani mu bagabo na Nzayisenga Valentine wa Benediction Cycling Team mu bagore, begukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare yakinwe ku nshuro ya 16 kuri iki Cyumeru, tariki ya 28 Kamena 2026.

Wari umunsi wa kabiri w’iyi shampiyona, wakurikiye umunsi wa mbere wabaye ku wa Gatandatu ubwo abakinnyi bakinaga basiganwa n’igihe, buri wese ahaguruka wenyine hakarebwa igihe yakoresheje (Individual Time Trial- ITT).

Kuri iki Cyumweru, abakinnyi bakoze intera ndende mu muhanda (Road Race), aho guhera Saa Tatu n’Igice, abagabo n’abatarengeje imyaka 23 bahagurukiye muri Santere ya Batsinda banyura i Shyorongi, Base, Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusubira i Batsinda, ku ntera y’ibilometero 158.

Niyonkuru Samuel wa Team Amani ni we wegukanye Shampiyona y’Igihugu y’uyu mwaka nyuma yo kugera i Batsinda ari wenyine.

Mu bilometero 100 bya mbere, uyu mukinnyi yagendanaga na mugenzi we Muhoza Eric na Nsengiyumva Shemu, bakurikiwe na Ufitimana Schadrack na Ngendahayo Jérémie.

Mu bilometero 30 bya nyuma ni bwo Niyonkuru yasize babiri bari kumwe, agenda wenyine, ndetse mu isiganwa ryose yakoresheje amasaha ane, iminota umunani n’amasegonda 30.

Byasabye gutegereza iminota irindwi n’amasegonda 49 kugira ngo Muhoza Eric bakinana muri Team Amani akoze ipine ry’igare mu murongo, atanze Nsengiyumva Shemu bahagereye rimwe.

Ufitimana Schadrack wabaye uwa gatandatu akurikiye Nkundabera Eric wari wegukanye Shampiyona ya 2025, Ntirenganya Moïse wabaye uwa munani na Nshimiyimana Phocas wa cyenda, ni bo batarengeje imyaka 23 bitwaye neza mu bagabo.

Abagore n’ingimbi basiganwe ibilometero 115, aho batangiriye ku Kirenge mu Karere ka Rulindo banyura kuri Base, Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda.

Nzayisenga Valentine wa Benediction Cycling Team ni we wabaye uwa mbere mu bagore aho yahageze ari wenyine, yakoresheje amasaha atatu n’iminota 19, asiga iminota itatu n’amasegonda 20 Ingabire Diane bakinana na Nirere Xaverine (Team Amani) warushijwe isegonda rimwe n’umukinnyi wa kabiri.

Mwamikazi Jazilla w’Ikipe ya Centre ya UCI, Byukusenge Mariatte wa Sina Cycling Club na Uwiringiyimana Liliane wa Black Mamba, bakurikiranye kuva ku mwanya wa kane kugeza ku wa gatandatu, ni bo bitwaye neza mu batarengeje imyaka 23.

Mu ngimbi, Byusa Pacifique wa Les Amis Sportifs ni we wabaye uwa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 57 n’amasegonda 28, akurikirwa na Nkurikiyinka Jackson wa Benediction Cycling Team bagereye ku murongo rimwe naho Ishimwe Bryan wa Black Mamba aba uwa gatatu yasizwe iminota irindwi n’amasegonda 28.

Ku ruhande rw’abangavu, bo basiganwe intera y’ibilometero 62 bahagurukiye muri Santere ya Ibanda mu Karere ka Gicumbi.

Akimana Donatha wa Ngarama Cycling Academy ni we wabaye uwa mbere, aho yakoresheje amasaha abiri, iminota irindwi n’isegonda rimwe. Yakurikiwe na Masengesho Yvonne wa Back Mamba Devo Team bagereye rimwe ku murongo naho Kanyange Zawadi wa Bugesera Cycling Team aba uwa gatatu yasizwe amasegonda 10.

Niyonkuru na Mwamikazi Jazilla batwaye ITT ku wa Gatandatu

Niyonkuru Samuel mu bagabo na Mwamikazi Jazilla mu bagore, ni bo begukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare mu gusiganwa buri wese ku giti cye “Individual Time Trial- ITT”.

Iri rushanwa ryabaye ku wa Gatandatu mu muhanda wa Batsinda – Ku Idigiri – Batsinda.

Niyonkuru Samuel yabaye uwa mbere mu bagabo akoresheje iminota 50 n’amasegonda 11 ku ntera y’ibilometero 41.

Yakurikiwe na Muhoza Eric bakinana, amusize amasegonda 29 naho Nshutiraguma Kevin wa Cine Elmay aba uwa gatatu.

Mu bagore basiganwe ibilometero 30, Mwamikazi Djazilla wa Centre ya UCI yabaye uwa mbere akoresheje iminota 41 n’amasegonda 23.

Yakurikiwe na Nirere Xaverine wa Team Amani naho Ntakirutimana Martha Black Mamba aba uwa gatatu.

Mu ngimbi zakoze intera y’ibilometero 30, hatsinze Byusa Pacifique wa Les Amis Sportifs wakoresheje iminota 40 n’amasegonda 54, akurikirwa na Mugabo Jules wa Zipp Cycling Team na Ganza Prince Ferguson wa Kayonza Young Stars.

Mu bangavu bakoze ibilometero 21, Kanyange Emelyne wa Bugesera Cycling Team, yegukanye Shampiyona y’uyu mwaka akoresheje iminota 33 n’amasegonda 19, akurikirwa na Akimana Donatha wa Ngarama Sports Academy na Masengesho Yvonne (Black Mamba DT).


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages