Aba bakinnyi berekeje i Casablanca mu rukerera rwo ku wa Mbere, tariki 6 Gicurasi 2024, aho bitabiriye Shampiyona Nyafurika y’Amagare yo mu Misozi “CAC MTB African Championships 2024”.
By’umwihariko, Djazila yagiye guhagarara ku ikamba rye cyane ko ari nawe ufite iri siganwa ry’umwaka ushize mu 2023 ryabereye muri Afurika y’Epfo.
Ku rundi ruhande kandi ni imyiteguro myiza kuri we kuko ubwo yegukanaga iri siganwa mu mwaka ushize, yahise abona itike yo kuzitabira Imikino Olempike iteganyijwe tariki 26 Nyakanga kugeza 11 Kanama 2024 i Paris mu Bufaransa.
Mwamikazi Djazila azahatana mu cyiciro cy’abakuru, mu gihe Nshutiraguma Kevin we azaba ari mu bakiri bato.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!