Ni isiganwa ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ku bufatanye n’Uruganda Ingufu Gin Ltd rusanzwe ari umuterankunga wa Rwanda Cycling Cup.
Uretse abangavu batarengeje imyaka 19 bakinnye intera y’ibilometero 50 byatangiriye i Rugende, abandi bakinnyi bose bahagurukiye ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi, ahakorera uru ruganda. Abagabo n’abagore basiganwe ibilometero 96,3 byasorejwe i Kayonza nk’uko byagenze ku bakiri bato batarengeje imyaka 19 mu bagabo.
Nyuma yo guhaguruka Saa Saba n’Igice, Mugisha Moise yahise acika abo bari kumwe bari kuzamuka ahazwi nka Norvege, ndetse kugeza ku kilometer cya 18 yari yasize umunota umwe n’igice Nsengiyumva Shemu, Niyonkuru Samuel, Muhoza Eric na Byukusenge Patrick bari bamukurikiye.
Ku kilometero cya 45 ni bwo Mugisha Moïse yafashwe n’itsinda ryarimo Nshutiraguma Kevin, Tuyizere Etienne, Niyonkuru Samuel, Muhoza Eric na Ruhumuriza Aimé.
Nyuma yo kwegera imbere ibindi bilometero bitanu, Mugisha Moïse, Tuyizere Etienne, Niyonkuru Samuel na Muhoza Eric basize abo bari kumwe, bagenda imbere bonyine, ariko bageze imbere Muhoza Eric abarusha imbaraga agenda wenyine kugeza yitwaye mu bilometero 30 bya nyuma.
Muhoza yatsinze iri siganwa akoresheje amasaha abiri, iminota 44 n’amasegonda 24 anegukana ibihumbi 500 Frw, akurikirwa na Tuyizere Etienne ukinira Java Innovotec yarushije umunota umwe n’amasegonda 37, we wahawe ibihumbi 200 Frw mu gihe Nshutiraguma Kevin ukinira Mamba Devo yabaye uwa gatatu arushwa n’uwa mbere iminota itatu n’amasegonda icyenda ahabwa ibihumbi 100 Frw.
Nshutiraguma ni na we witwaye neza mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23, ahembwa ibihumbi 200 Frw.
Mu bagore isiganwa ryegukanywe na Nyirarukundo Claudette ukinira Ikipe ya Amani akoresheje amasaha atatu, iminota icyenda n’amasegonda 44, ahabwa ibihumbi 300 Frw.
Yakurikiwe na Nirere Xaveline na we bakinana, wegukanye ibihumbi 150 Frw, amurushije isegonda rimwe mu gihe ku mwanya wa gatatu haje Ingabire Diane ukinira ikipe ya Benediction warushijwe iminota 11 n’amasegonda ane n’uwa mbere akegukana ibihumbi 100 Frw.
Mu bakobwa bari munsi y’imyaka 19, Masengesho Yvonne ukinira Black Mamba Devo yegukanye isiganwa anahembwa ibihumbi 100 Frw, akurikirwa na Akimana Donatha ukinira Java Innovetec wahembwe ibihumbi 80 Frw naho Kanyange Zawadi ukinira Bugesera Cycling aba uwa gatatu yegukana ibihumbi 50 Frw.
Mu ngimbi, Ishimwe Bryan ukinira Black Mamba Devo ni we wabaye uwa mbere ahembwa ibihumbi 200 Frw, akurikirwa na Byusa Pacifique ukinira Les Amis wahembwe ibihumbi 150 Frw naho Mugabo Jules ukinira Les Amis aba uwa gatatu ahembwa ibihumbi 100 Frw.
Hakinwe kandi icyiciro cy’abatarabigize umwuga, umwanya wa mbere wegukanwa na Nkurunziza Yves wahoze akina nk’uwabigize umwuga, aho ibilometero 50 basiganwe yabisoje akoresheje isaha imwe, iminota 31 n’amasegonda 25, akurikirwa na Roman Meszaros bagereye ku murongo rimwe mu gihe kandi banahagereye rimwe na Niyonshuti Asuman wabaye uwa gatatu.
Perezida wa FERWACY, Nkurayija Jean Hubert, ari mu bakinnye iri siganwa ry’abatarabigize umwuga ryitabiriwe n’abakinnyi 22 hagasoza 21, aba uwa 12 yasizwe iminota itatu n’amasegonda 54.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!