00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhoza Eric na Nirere Xaverine begukanye ‘Umusambi Gravel Race 2026’ (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 22 August 2026 saa 06:29
Yasuwe :

Muhoza Eric mu bagabo na Nirere Xaverine mu bagore, bakinira Team Amani, begukanye isiganwa ngarukamwaka rya “Umusambi Gravel Race 2026” ryakiniwe mu Majyaruguru y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Kanama 2026.

Iri siganwa ritegurwa n’ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ku bufatanye n’Umuryango Nyarwanda ushinzwe kubungabunga ibinyabuzima byo mu Gasozi (RWCA).

Ni mu rwego rwo kwishimira aho urugendo rwo kubungabunga ibidukikije, kugarura ibinyabuzima cyane cyane nk’umusambi mu gishanga cya Rugezi rugeze hakomeza kwigisha no gukora ubukangurambaga abagituriye.

Iri siganwa ryabaga ku nshuro ya kane, yatangiye Saa Mbili n’igice za mu gitondo mu mihanda y’igitaka yo mu Karere ka Burera n’aka Gicumbi, twombi dukora ku gishanga cya Rugezi.

Ryitabiriwe n’abakinnyi basanzwe basiganwa mu mukino w’amagare kuva ku ngimbi kugera ku bakuru ndetse n’abatarabigize umwuga bagabanyije mu byiciro bibiri bijyanye n’ubushobozi bwabo.

Icyiciro cya gatatu cyari kigizwe n’abakoresha amagare ya matabaro (single speed) basiganwe intera y’ibilometero 40.

Mu bagore n’abatarengeje imyaka 23 bakoze intera y’Ibilometero 89,9, isiganwa ryegukanywe na Nirere Xaverine wa Team Amani akoresheje amasaha atatu, iminota irindwi n’amasegonda 43.

Yakurikiwe na Irakoze Neza Violette wa Komera Women Cycling Team wasizwe iminota 17 n’amasegonda 16 mu gihe Ntakirutimana Martha wa Black Mamba Cycling yabaye uwa gatatu yasizwe iminota 31 n’amasegonda 56.

Mu bagabo n’abatarengeje imyaka 23 na bo bakoze ibilometero 89,9, uwabaye uwa mbere ni Eric Muhoza wa Team Amani akoresheje amasaha abiri, biminota 47 n’amasegonda 27.

Banzi Bukhari wa Twin Lakes Cycling Academy yabaye uwa kabiri yasizwe iminota ibiri n’amasegonda 59 mu gihe uwabaye uwa gatatu ari Dukuzumuremyi Kevin wa Bugesera Cycling Team aho yasizwe iminota 16 n’amasegonda 13.

Mu cyiciro cy’abangavu basiganwe ibilometero 40, Uwizeyimana Ancille wa Bugesera Cycling Team yabaye uwa mbere akoresheje amasaha abiri n’amasegonda 16, akurikirwa na Nishimwe Gisèle naho Ishimwe Cynthia aba uwa gatatu.

Mu ngimbi na zo zakoze intera ingana n’iya bakuru bazo, uwa mbere yabaye Byusa Pacifique wa Les Amis Sportifs akoresheje amasaha abiri, iminota 58 n’amasegonda 40, akurikirwa na Isingizwe Romeo Bruce wa Ziip Cycling Academy na Ishimwe Jean d’Amour wa Bugesera Cycling Team.

Mu bakoresha amagare ya matabaro, mu bagabo uwabaye uwa mbere ni Mufiteyezu Emmanuel wo mu Murenge wa Kageyo naho mu bagore aba Umuhoza Nadia wo mu Murenge wa Rwimiyaga.

Abatarabigize umwuga basiganwe mu byiciro bibiri bitewe n'ubushobozi bwabo, bamwe bakora ibilometero 40, abandi bakora 89,9
Mbere yo gusiganwa, abakinnyi babanje gupimwa niba batanyoye ibisindisha mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyuma
Icyiciro cy'abakoresha amagare asanzwe cyari cyitabiriwe na benshi
Umusambi Gravel Race, ni isiganwa rikinirwa mu mihanda y'igitaka ikikije igishanga cya Rugezi
Mufiteyezu Emmanuel yongeye kwitwara neza mu bagabo bakoresha amagare asanzwe
Uwizeyimana Ancille yakiriwe n'Umuyobozi wungirije wa Bugesera Cycling Team nyuma yo gutsinda mu bangavu
Muhoza Eric yasoje isiganwa ayoboye wenyine
Nirere Xaverine yishimira intsinzi yabonye mu bagore
FERWACY yahaye ishimwe RWCA bafatanya gutegura iri rushanwa
Perezida wa FERWACY, Ishimwe Nkurayija Jean Hubert, yashimiye umufatanyabikorwa RWCA
Mufitiyezu Emmanuel watsinze mu bakoresha matabaro, yahawe igare rishya
Umuhoza Nadia na we watsinze mu bagore bakinisha amagare ya matabaro, yahawe igare rishya
Umuyobozi wungirije wa RWCA, Dr. Deo Ruhagazi, yasabye abaturiye igishanga cya Rugezi gukomeza kukibungabunga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages