00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mugisha Moïse na Mwamikazi begukanye “Criterium de Kigali” (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 9 September 2023 saa 07:35
Yasuwe :

Mugisha Moïse wa Benediction Club na Mwamikazi Djazilla wujuje imyaka 19 kuri uyu wa Gatandatu, begukanye isiganwa ry’amagare ryihariye “Criterium de Kigali”, ryitabiriwe cyane ugereranyije n’andi yaherukaga gukinirwa mu Mujyi wa Kigali muri uyu mwaka.

Criterium de Kigali iri ku ngengabihe ya “Rwanda Cycling Cup” yakiniwe mu muhanda wa BK Arena - Kimironko Simba - KIE - RRA - Airtel - Stade Amahoro - BK Arena, abakinnyi bazenguruka intera y’ibilometero bine.

Uwera Aline wa Bugesera Cycling Team ni we wabanje gusogongera ku ntsinzi ya mbere y’umunsi, ahigika abo basiganwe hamwe mu cyiciro cy’abangavu aho yakoresheje isaha imwe, iminota 50 n’amasegonda 22 ku ntera y’ibilometero 62.

Yakurikiwe na bagenzi be bakinana; Byukusenge Mariate, Ingabire Domina na Iragena Charlotte abasize amasegonda 12 mu gihe Ishimwe Gisèle wa Cine Elmay yageze ku murongo yasizwe iminota 27 n’amasegonda 38.

Iki cyiciro cyakurikiwe n’icya basaza babo, na bo bakinnye intera ingana n’ibilometero 62 nk’uko byagenze ku bagore. Mu ngimbi zitarimo Shyaka Janvier na Tuyishime Hashim bakundaga kwiharira intsinzi ariko ubu bakaba barazamutse mu bakuru, hatsinze Nizeyimana Fiacre wa Nyabihugu Cycling Team wakoresheje isaha, iminota 34 n’amasegonda atatu.

Nizeyimana yagereye ku murongo rimwe na Tuyipfukamire Aphrodis bakinana, Ntirenganya Moses (Les Amis Sportifs), Nshutiraguma Kevin wa Cine Elmay na Twagirayezu Didier wa Kayonza Young Stars Cycling.

Mu bagore, wabaye umunsi udasanzwe kuri Mwamikazi Djazilla wabonye intsinzi ye ya mbere muri iki cyiciro nyuma yo gukoresha imbaraga nyinshi agatanga ku murongo Ntakirutimana Marthe na Mukashemana Josiane wa Benediction Club nubwo bose bakoresheje isaha imwe, iminota 50 n’amasegonda 29.

Mwamikazi wujuje imyaka 19 kuri uyu wa Gatandatu, yaririmbiwe ubwo yahembwaga nk’umukinnyi watsinze mu bagore ndetse akaba ari na we watsindiye ibihumbi 30 Frw ya ‘sprints’ zari mu muhanda wifashishijwe mu isiganwa.

Icyiciro cy’abagabo n’abasore batarengeje imyaka 23 cyari cyitabiriwe n’abakinnyi 45 bazengurutse inshuro 22 zingana n’ibilometero 86, harimo igice cyakinwe mu mvura bigatuma abagera kuri 11 barimo batatu ba Java-Inovotec badasoza.

Mugisha Moïse watsinze nyuma yo gukoresha amasaha abiri, umunota n’amasegonda atanu, ni we wayoboye isiganwa igihe kirekire nubwo hari aho yageze akagendana n’abarimo Hakizimana Félicien na Niyonkuru Samuel wa Les Amis Sportifs, uyu wa nyuma wabaye uwa kabiri yasizwe amasegonda ane.

Areruya Joseph ukinira Java-Inovotec, utaherukaga kugaragara aho bahembera, yabaye uwa gatatu yasizwe amasegonda 55, ahigika Uwiduhaye, Hakizimana Félicien na Tuyizere Hashim bamukurikiye.

Munyaneza Didier ‘Mbappé’ usanzwe atoza Java-Inovotec, yongeye gukina nk’uko yabikoze muri “Legacy Sakumi Anselme Race” yabaye muri Nyakanga, asoreza ku mwanya wa munani yasizwe umunota n’amasegonda 35.

Muhoza Eric waguye bamaze kuzenguruka inshuro ebyiri, agasubira mu isiganwa hasigaye kuzengurika inshuro 16, yasoreje ku mwanya wa 31 yasizwe iminota 19 naho Byukusenge Patrick na we wagize ikibazo cy’igare, aba uwa 25 yasizwe iminota irindwi n’amasegonda 35.

“Criterium de Kigali” yabaye isiganwa rya mbere ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) nyuma yo kwegura kwa Murenzi Abdallah wari Perezida waryo ku wa 31 Kanama 2023.

Nizeyimana Fiacre wa Nyabihu Cycling Team ni we watsinze mu ngimbi
Mwamikazi Djazilla wujuje imyaka 19 kuri uyu wa Gatandatu, yabonye intsinzi ya mbere mu bagore
Mwamikazi yakoresheje imbaraga yivuye inyuma kugira ngo ahigike Ntakirutimana Marthe na Mukashema Josiane
Umuyobozi Mukuru wa Ingufu Gin Ltd, Ntihanabayo Samuel, yitegura gutangiza isiganwa ry'abagabo ubwo yari kumwe na Visi Perezida wa FERWACY, Karangwa François
Isiganwa ry'abagabo n'abatarengeje imyaka 23 ryitabiriwe n'abakinnyi benshi
Mugisha Moïse yayoboye isiganwa igihe kirekire
Imvura yaguye i Remera yatumye bamwe mu bakinnyi badasoza
Byukusenge Patrick (uri imbere) ari mu bakinnyi bagowe n'ubunyereri, ahindura igare
Hari aho isiganwa ryageze riyoborwa n'abakinnyi benshi bagendera hamwe ku muvuduko uri hejuru
Abakinnyi batatu ba mbere mu ngimbi barimo babiri ba Nyabihu Cycling Team
Bugesera Cycling Team yihariye imyanya itatu ya mbere mu bangavu
Mwamikazi Djazilla yaririmbiwe ku isabukuru ye y'amavuko yanabonyeho intsinzi ya mbere mu bagore
Mwamikazi, Ntakirutimana na Mukashema ni bo babaye aba mbere mu bagore
Mugisha Moïse yatanze abandi gusoza kuzenguruka inshuro 22 zari zateganyijwe
Mugisha akomerwa amashyi nyuma yo kubona intsinzi yakoreye kuri uyu wa Gatandatu
Niyonkuru Samuel yabaye uwa kabiri yasizwe amasegonda ane
Areruya Joseph anyonga igare n'imbaraga kugira ngo atange abandi ku murongo
Areruya wabaye uwa gatatu, yakurikiwe n'abarimo Hakizimana Felicien
Mugisha Moïse yahembwe ibihumbi 30 Frw byo kubona amanota menshi ya 'sprints' mu muhanda bakiniyemo
Areruya Joseph yongeye kuzamuka aho bahembera nyuma y'igihe kinini adahagaze neza
Umuyobozi Mukuru wa Ingufu Gin Ltd, Ntihanabayo Samuel ashimira Areruya Joseph wabaye uwa gatatu
Umuyobozi Mukuru wa Ingufu Gin Ltd, Ntihanabayo Samuel na Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY, Karangwa François, ni bo bahembye Mugisha, Niyonkuru na Areruya nk'abakinnyi batatu ba mbere mu bagabo
Visi Perezida wa Kabiri wa FERWACY, Kayirebwa Liliane na Rwema Denis ushinzwe Imenyekanishabikorwa muri Ingufu Gin Ltd bahemba Niyonkuru (hagati), Hakizimana (ibumoso) na Tuyizere (iburyo) bitwaye neza mu batarengeje imyaka 23
Rwema Denis ushinzwe Imenyekanishabikorwa muri Ingufu Gin Ltd ashimira Tuyizere Hashim uri mu bitwaye neza mu batarengeje imyaka 23 aho yabaye uwa gatatu
Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY, Karangwa François, na we yashimiye Areruya Joseph utaherukaga kugaragara aho bahembera
Mugisha Moïse ashimirwa na Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY, Karangwa François, nyuma yo kwegukana Criterium de Kigali

Amafoto: Shema Innocent


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .