00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyihariye muri Rwandan Epic 2025 igiye kuba ku nshuro ya gatanu

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 30 November 2025 saa 10:05
Yasuwe :

Isiganwa ry’Amagare yo mu misozi “Rwandan Epic 2025” rizatangira ku wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza, aho ryitezwemo abakinnyi 85 barimo Abanyarwanda 18 bazakina uduce dutanu mu bice bya Kigali n’Amajyaruguru.

Rwandan Epic igiye kuba ku nshuro yayo ya gatanu, nyuma y’irushanwa ry’umunsi umwe ryakozwe nk’igeragezwa mu 2020, itegurwa na Rwanda Alternative Riding Events (RaR Events) ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY).

Isiganwa ry’uyu mwaka riteganyijwe tariki ya 1-5 Ukuboza 2025, rizitabirwa n’abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16 aho 18 muri bo ari Abanyarwanda.

Amazina azwi azitabira arimo Umudage Lukas Baum wegukanye Cape Epic mu 2022, Daniel Kiptala watwaye Shampiyona ya Kenya, Rein Taaramäe watwaye Shampiyona ya Estonia n’Umudage Daniel Gathof wegukanye Rwandan Epic mu 2023 ubwo yakinanaga n’Umuholandi Bart Classens.

Nk’uko bisanzwe bigenda, abazitabira iri rushanwa bazarushanwa mu byiciro bitatu birimo abasiganwa ku giti cyabo, amakipe y’abagabo n’abagore ndetse n’amakipe y’abavanze (umugabo n’umugore).

Hari kandi n’icyiciro cya “Silverbacks” [abari hejuru y’imyaka 89], ikipe nziza yo mu Rwanda n’umukinnyi mwiza mu bakina ari umwe, ariko iki cyiciro cya nyuma cyo ntigihembwa.

Simon De Schutter uri mu bategura iri rushanwa, yavuze ko uretse kurushanwa, rigira uruhare mu kugaragaza ibyiza by’u Rwanda ndetse hari urwego rimaze gushyiraho umukino wa Mountain Bike mu gihugu.

Ati “Ni isiganwa rigamije siporo no gusura ahantu hatandukanye. Hari abaza baje kureba ibice bitandukanye mu Rwanda. Buri mwaka tugenda dukura mu bijyanye n’umubare w’abitabira, twatangiriye ku duce tune, ubu turi gukina uduce dutanu ku nshuro ya gatatu kandi turizera ko bizakomeza kuzamuka.”

Yakomeje avuga ko ubwo batangiraga gukoresha amasiganwa ya ‘Mountain Bike’ mu 2020, intego ebyiri bari bafite ari ukumenyekanisha u Rwanda nk’igihugu kibereye umukino w’amagare abantu bashobora gutemberamo.

Visi Perezida wa Mbere, FERWACY, Bigango Valentin, yagize ati “Ni umukino wihariye kuko abaturage ntibaza ku muhanda ahubwo tubasanga iwabo. Ndabasaba ko bazitabira kuko ni umukinnyi uryoha kuwureba kuko utihuta cyane nk’uwo mu muhanda usanzwe. Amakipe twayasabye gutoza abakinnyi tukajya tubashakira amarushanwa.”

Muri Rwanda Epic 2025, Agace ka Mbere kazakinirwa i Kigali ku wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza, muri Mont-Kigali aho guhagaruka no gusoza bizakorerwa kuri Fazendha Sengha.

Ku wa Kabiri, tariki ya 2 Ukuboza, hazakinwa Agace ka Kabiri, Nyirangarama- Musanze [mu Kigo cy’Amagare cya ARCC], bukeye bwaho hakinwe aka Kinigi-Musanze. Abasiganwa bazanyura ku Biyaga bya Burera na Ruhondo.

Agace ka Kane kazakinirwa mu Kinigi hitegeye Ibirunga, ku wa 4 Ukuboza, aho abakinnyi bazahagurukira ndetse bakanasoreza ahabera umuhango wo Kwita Izina mu gihe Rwandan Epic 2025 izasozwa ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza, hakinwa Agace ka Gatanu, aho abazakitabira bazahagurukira i Nemba bagasoreza i Shyorongi.

Abitabiriye uyu mwaka baturutse mu bihugu birimo u Rwanda, Espagne, u Bubiligi, u Budage, Norvège, Estonia, u Buholandi, Kenya, u Bwongereza, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Zambia.

Ubwo Rwandan Epic yaherukaga kuba mu 2024, Ababiligi Pierre de Froidmont na Axel Baumans bayegukanye mu makipe y’abagabo naho Umunyarwanda Tuyizere Etienne atsinda mu bakina ku giti cyabo.

Rwandan Epic ya 2025 izakinirwa i Kigali no mu Majyaruguru
Pierre de Froidmont na Axel Baumans begukanye Rwandan Epic 2024 mu makipe y'abagabo
Umuyobozi Mukuru wa Simon De Schutter, yavuze ko irushanwa ry'uyu mwaka ryihariye ugereranyije n'ayabanje
Simon De Schutter yavuze ko intego ya mbere y'iri rushanwa yari ukumenyekanisha u Rwanda nk'igihugu cyo gutwaramo igare
Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY, Bigango Valentin, yavuze ko bashaka gushyigikira Rwandan Epic igakomeza kuzamura urwego ku buryo izaba irushanwa rikomeye nk'uko byagenze kuri Tour du Rwanda
Umunya-Estonia Rein Taaramäe wakiniye amakipe akomeye ku Isi, ari mu bazitabira Rwandan Epic 2025
Umudage Lukas Baum wegukanye Cape Epic mu 2022, ari mu bakinnyi bakomeye bazitabira Rwanda Epic ya 2025

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages