00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gutanga amagare mu byo Amstel ihishiye abafana bazitabira Tour du Rwanda 2026

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 17 February 2026 saa 10:48
Yasuwe :

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo Amstel rugiye kwitabira Tour du Rwanda ku nshuro ya gatandatu, yongeye amagare mu bihembo izaha abafana bazitabira ibikorwa bitandukanye yateguye.

Iri rushanwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya 18 kuva ribaye mpuzamahanga, aho riteganyijwe kuzatangira, tariki ya 22 Gashyantare rikazasozwa ku ya 1 Werurwe 2026.

Amstel iri mu baterankunga bakuru, ni yo ihemba umukinnyi wegukanye agace ku munsi.

Nyuma ya buri gace kandi uru ruganda rutegura ibitaramo biherekeza isiganwa bizwi nka ‘After Party’. Muri uyu mwaka, bizakorerwa i Musanze, Rubavu, Huye ndetse n’i Kigali.

Muri buri gitaramo kandi Amstel izajya ihemba igare rimwe ku mufana wahize abandi.

Si ibyo gusa kuko mu isiganwa ryo kwishimisha rizwi nka ‘social ride’ rikorwa n’abafana batandukanye, iki kinyobwa kizahemba amagare abiri ku munsi.

Iyi ‘social ride’ iteganyijwe tariki ya 26 Gashyantare 2026 i Rubavu n’i Kigali ku munsi wa nyuma tariki ya 1 Werurwe 2026.

Amstel izahemba bamwe mu bafana b'abanyamahirwe ibihembo birimo amagare
Amstel ihemba umukinnyi mwiza w’umunsi
Abitabiriye Tour du Rwanda ntibicwa n'icyaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages