00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Daniel Gathof na Bart Classens begukanye Rwandan Epic 2025 (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 December 2025 saa 07:59
Yasuwe :

Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens begukanye Rwandan Epic 2025 nyuma yo gutsinda Agace ka Gatanu kakinwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza.

Kuri uyu munsi wa nyuma w’iri rushanwa ry’amagare yo mu misozi ryabaga ku nshuro yaryo ya gatanu, abakinnyi bahagurukiye kuri Buranga bagasoreza i Kanyinya nyuma yo gukora ibilometero 77,3.

Ikipe ya SUFR PRO igizwe n’Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens, yongeye kwitwara neza nyuma yo kudahirwa n’Agace ka Kane, igera i Kanyinya mbere aho aba bakinnyi bombi bakoresheje amasaha abiri, iminota 51 n’amasegonda 20.

Bakurikiwe na Team Amani igizwe n’Umudage Lukas Baum n’Umunya-Kenya Dan Kiptala bakoresheje amasaha ibiri, iminota 59 n’amasegonda 40 mu gihe Umunyarwanda Banzi Bukhari Banzi n’Umuholandi Louis van Zeeland babaye aba gatatu bakoresheje amasaha atatu n’amasegonda 22.

Kwitwara neza muri aka Gace ka Gatanu byatumye Gathof na Classens begukana iri rushanwa ry’amagare yo mu misozi ku nshuro ya kabiri, nyuma yo mu 2023, aho kuri iyi nshuro barisoje bakoresheje amasaha 10, iminota itatu n’amasegonda 41.

Ku rutonde rusange, mu makipe y’abagabo, bakurikiwe n’Umudage Lukas Baum afatanyije n’Umunya-Kenya Dan Kiptala mu gihe ku mwanya wa gatatu hasoreje Abanya-Zambia Levy Pyele na Ernest Mazabuka.

Abanya-Afurika y’Epfo Bianca Haw na Wade Young bahigitse abandi mu cyiciro cy’ikipe igizwe n’umukinnyi w’umugabo w’uw’umugore, Umunyarwandakazi Ntakirutimana Martha n’Umuholandikazi Elodie Kuijper batsinda mu makipe y’abagore mu gihe Umunya-Norvège Thomas Naerland yatwaye irushanwa mu bakina ku giti cyabo.

Rwandan Epic 2025 yari yitabiriwe n’abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16 bitandukanye, barimo Abanyarwanda 18 ndetse ni ku nshuro ya mbere iri rushanwa ryitabiriwe gutyo.

Agace ka Gatanu ka Rwandan Epic 2025 kahagurukiye muri Gakenke gasorezwa i Kanyinya
Abakinnyi bamwe baba bafite ibikoresho bifata amafoto n'amashusho y'urwibutso
Louis van Zeeland na Banzi Bukhari babaye aba gatatu mu gace ka gatanu
Byari ibyishimo kuri Bart Classens na Daniel Gathof nyuma yo kwegukana Rwandan Epic ku nshuro ya kabiri
Umunyarwandakazi Ntakirutimana Martha n’Umuholandikazi Elodie Kuijper begukanye irushanwa mu bagore
Twin Lakes yari ifitemo amakipe menshi atandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages