00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Biniam na Kim Le Court batowe nk’abakinnyi b’umwaka wa 2025 muri Afurika (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 30 November 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Umunya-Eritrea Biniam Girmay yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2025 mu bagabo bakina umukino w’amagare muri Afurika, mu gihe igihembo nk’iki mu bagore cyegukanywe na Kim Le Court wo mu Birwa bya Maurice.

Ibihembo bya “Africa Cycling Excellence Awards (ACEA)” byateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC), byatanzwe ku nshuro ya mbere mu birori byabereye muri Zaria Court Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Ugushyingo 2025.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe; Perezida wa CAC, Yao Yao Allah-Kouamé n’intumwa za UCI, bari mu bayobozi bitabiriye itangwa ry’ibihembo.

Mu cyiciro cy’abagabo, umukinnyi w’umwaka yabaye Umunya-Eritrea Biniam Girmay aho yahigitse bagenzi be Henok Mulubrhan na Milkias Maekele bari bahataniye iki gihembo.

Biniam utari i Kigali, yacyegukanye abikesha kwitwara neza mu marushanwa atandukanye yitabiriye arimo Tour de France yabayemo uwa kabiri mu gace kayo ya mbere aho yakiniraga Ikipe ya Intermarché–Wanty.

Mu bagore, uwahize abandi ni Kim Le Court wo mu Birwa bya Maurice, aho uyu mugore usanzwe ukinira AG Insurance-Soudal Team yahigitse Abanya-Ethiopia Kahsay Tsige Kiros na Selam Amha Gerefiel.

Le Court yabaye umugore wa mbere wo muri Afurika wambaye umwambaro w’umuhondo iminsi ine muri Tour de France y’Abagore, mu gihe yatwaye amasiganwa arimo Liège-Bastogne-Liège na Giro dell’Emilia.

Aba bakinnyi batatu ba nyuma bari bavuye muri 18 barimo Abanyarwandakazi babiri ari bo Ingabire Diane na Nirere Xaveline.

Paul Daumont wo muri Burkina Faso ni we wabaye umukinnyi w’umwaka utarabigize umwuga, aho yahigitse Umunya-Mali Tiémoko Diamouténé n’Umunya-Afurika y’Epfo Blaine Kieck.

Ni mu gihe Ikipe y’Igihugu ya Eritrea yabaye iy’umwaka ihigitse iy’u Rwanda n’iy’Ibirwa bya Maurice.

Hahembwe kandi abitwaye neza muri EAC no mu Rwanda

Muri ibi bihembo byatanzwe ku nshuro ya mbere, hahembwe n’abakinnyi bitwaye neza muri Afurika y’Iburasirazuba aho mu bagore, iki gihembo cyatwawe n’Umurundikazi Nsengiyumva Odette naho mu bagabo gihabwa Charles Kagimu wo muri Uganda.

Umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu Rwanda yabaye Masengesho Vainqueur mu bagabo, usanzwe ukinira Ikipe ya Benediction naho mu bagore iki gihembo gitwarwa na Nirere Xaveline usanzwe ukinira Team Amani yo muri Kenya.

U Rwanda ni rwo ruzongera kwakira itangwa ry’ibi bihembo bya “Africa Cycling Excellence Awards (ACEA)” mu 2026, mbere y’uko bibera mu bindi bihugu.

Itorero Indinzi Cultural Troupe ryasusurukije abitabiriye itangwa ry'ibihembo by'ababaye indashyikirwa mu mukino w'amagare muri Afurika
Perezida w'Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC), Dr. Yao Allah-Kouamé, yashimangiye ko umwaka wa 2025 wabaye udasanzwe kuri Afurika
Charles Kagimu yabaye umukinnyi wahize abandi bo muri Afurika y'Iburasirazuba
Paul Daumont wabaye umukinnyi w'umwaka utarabigize umwuga
Nirere Xaveline yabaye umukinnyi w'umwaka mu bagore bakina umukino w'amagare mu Rwanda
Eritrea yahembwe nk'ikipe y'igihugu y'umwaka muri Afurika
Masengesho Vainqueur ahembwa nk'umukinnyi mwiza w'Umunyarwanda mu bagabo
Igihembo cya Biniam Girmay cyafashwe n'uwari uhagarariye Eritrea kuko uyu mukinnyi atari i Kigali
Abakinnyi begukanye ibihembo n'ababifatiye, bafata ifoto rusange hamwe n'abayobozi
Perezida wa CAC, Dr. Yao Allah-Kouamé, yahaye Minisitiri Rwego ishimwe agomba kugeza kuri Perezida Kagame
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yasabye ibihugu byose bya Afurika mu kugira uruhare mu iterambere ry'umukino w'amagare

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages