Mu nama iheruka guhuza ubuyobozi bw’iyi kipe n’abahagarariye abafana ariko mu mupira w’amaguru, Umuyobozi Wungirije w’urwego rureberera amakipe ya APR (ASCAB), Col. Munyengango Innocent yatangaje ko rugiye kongerwamo amakipe ya karate ndetse n’amagare.
Icyakora, ntabwo hasobonuwe neza igihe aya makipe azatangirira n’ibyiciro azaheramo.
APR ni inkingi ya mwamba muri siporo y’u Rwanda, aho isanganywe amakipe menshi nk’iy’umupira w’amaguru, Basketball, Volleyball, Handball, Netball no gusiganwa ku maguru kandi menshi akaba ari mu bagabo n’abagore.
Amakipe ya APR asanzwe azwiho intsinzi no kwegukana ibikombe byinshi, bityo byitezwe ko mu gihe aya makipe mashya azaba yashyizweho azongera ihangana n’uburyo muri iyi mikino.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!