Iri siganwa rizaba ku Cyumweru, tariki ya 8 Gashyantare, guhera Saa Yine za mu gitondo, rizitabirwa n’abakinnyi b’abagabo n’abatarengeje imyaka 23 gusa, barimo abatangiye umwiherero wa Tour du Rwanda 2026.
Abazaryitabira bazazenguruka kuva mu marembo ya Stade Amahoro mu Migina, banyure kuri Contrôle Technique, kwa Rwahama na Airtel mbere yo gusubira ku marembo ya Stade Amahoro mu Migina. Iyi ntera yo kuzenguruka ireshya n’ibilometero 3,9.
Abakinnyi bazasiganwa iminota 50, uwo bagenzi be bazengurutse bakamufata avemo. Iyo minota nishira hazavuzwa inzongera, abakinnyi bazenguruke izindi nshuro ebyiri kugira ngo haboneke abatsinze.
Ni isiganwa rigamije guha abakinnyi umwanya wo gukora cyane bagamije gukuramo abandi babanyuzeho no guhatana kugira ngo hatagira usigara.
Ubwo ryakinwaga bwa mbere mu 2025, ryegukanywe na Munyaneza Didier w’Ikipe y’Igihugu (Team Rwanda).
Hagati ya tariki ya 22 Gashyantare n’iya 1 Werurwe 2026, ni bwo mu turere dutandukanye two mu Rwanda hateganyijwe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare “Tour du Rwanda” rizamara iminsi umunani.
Mu makipe 16 yamaze gutangazwa, azaryitabira, u Rwanda rufitemo ane ari yo Team Rwanda, Benediction Club, May Stars na Team Amani.
Reba hano ibyaranze "Amahoro Criterium ya 2025



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!