Iri rushanwa ngarukakwezi ritegurwa na FERWACY, kuri iyi nshuro ryari ryahuje abana 128 barimo abahungu 77 n’abakobwa 51, bose bari mu byiciro bitanu byo kuva munsi y’imyaka 11 kugeza munsi y’imyaka 19.
Mu cyiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 19 (Juniors), Niyonkuru Yassin wa Les Amis Sportifs yigaragaje cyane atsinda isiganwa nyuma yo kuzenguruka ya kilometero 1,2 inshuro 26 mu minota 59 n’amasegonda umunani.
Yakurikiwe na Nkurikiyinka Jackson wa Benediction Club na Mugabo Jules wa Zip Cycling Academy, bombi bakoresheje iminota 59 n’amasegonda icyenda, barushwa isegonda rimwe gusa.
Byusa Pacifique wa Les Amis Sportifs na we yakoresheje iminota 59 n’amasegonda icyenda, aba uwa kane, mu gihe Gisubizo Issa yabaye uwa gatanu.
Mu bakobwa, Kanyange Zawadi ukinira Ikipe ya Bugesera Cycling Club yasoje azengurutse inshuro 25 mu minota 59 n’amasegonda 43.
Akimana Donatha wa Ngarama Women Cycling Team yabaye uwa kabiri, arushwa umunota umwe n’amasegonda 12, mu gihe Uwizeyimana Uwase Ancille wa Bugesera Cycling Club yabaye uwa gatatu, arushwa umunota umwe n’amasegonda 31.
Masengesho Yvonne wa Black Mamba, wari wegukanye Umunsi wa Gatanu i Rwamagana, yabaye uwa kane nyuma yo kuzenguruka inshuro 23. Gusa bishobora kuba byari umunani kuko ku wa Gatandatu yegukanye “Ingufu n’Igare Cycling Race’ muri iki cyiciro.
Mu bahungu batarengeje imyaka 17 (Cadets), Mukwende Fuad wa Les Amis Sportifs yegukanye umwanya wa mbere azengurutse inshuro 18 mu minota 40 n’amasegonda 33. Yanganyije ibihe na Intwali Reponse wa Cine Elmay Cycling Club mu gihe Nyamuberwa Christian yabaye uwa gatatu.
Mu bakobwa, Agasaro Gloria wa LWD Cycling Team yatsinze nyuma yo kuzenguruka inshuro 17 mu minota 41 n’amasegonda 53, akurikirwa na Jehovayire Liza wa Les Amis Sportifs na Umwamikazi Cynthia wa Benediction Club.
Iradukunda Kevin wa Bugesera Cycling Club ni we wabaye uwa mbere mu bahungu batarengeje imyaka 15 (Minimes), akoresheje iminota 28 n’amasegonda umunani nyuma yo kuzenguruka nshuro 12. Yakurikiwe na Kwizera Eric wa Cine Elmay Cycling Club na Sano Francis wa Zip Cycling Academy.
Mu bakobwa, Umutoni Alice wa Les Amis Sportifs yatsinze nyuma yo kuzenguruka inshuro 11 mu minota 30 n’amasegonda atandatu. Nzabonimana Princesse na Igiragusenga Nadine ni bo bamukurikiye.
Mu bahungu batarengeje imyaka 13 (Benjamins), Habumuremyi Nisemusa Lucky wa LWD Cycling Team yegukanye intsinzi akoresheje iminota 21 n’amasegonda 37 n’ibice 28 mu nshuro umunani yazengurutse.
Ni mu gihe mu bakobwa hatsinze Uwamahoro Françoise wa Les Amis Sportifs akoresheje iminota 21 n’amasegonda 38 n’ibice 65.
Mu batarengeje imyaka 11 (Pupilles), Tubane James wa Zip Cycling Academy yatsinze mu bahungu, arusha Fatingabo Mushambo Caleb ibice 47 by’isegonda gusa. Mu bakobwa, Ingabire Jacqueline wa Bike for Future yegukanye intsinzi mu minota 14 n’amasegonda 38 n’ibice 69, arusha Akumugisha Denise isegonda rimwe n’ibice 27.
Umunsi wa Gatanu wari wabereye i Rwamagana, aho Ishimwe Brian na Masengesho Yvonne ari bo begukanye intsinzi mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 19.
Ishimwe Brian ntiyahiriwe kuri iki Cyumweru kuko atasoje isiganwa nyuma yo kugwa, nyamara ku wa Gatandatu ari we wari watsinze muri iki cyiciro mu isiganwa rya "Ingufu n’Igare".
Umunsi wa Karindwi wa “Rwanda Youth Racing Cup 2026” uteganyijwe ku wa 9 Kanama 2026. Amanota abakinnyi babona buri kwezi, ashyirwa hamwe, ababaye aba mbere ku mwaka bagahembwa.
Iri rushanwa riba kuva mu 2023 aho ryatangiye riri mu rwego rwo kwitegura Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye i Kigali muri Nzeri 2025.
Amafoto yaranze isiganwa:
Amwe mu mafoto y’isiganwa:



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!