00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagare: Mugisha Moïse yarushije abandi kuzamuka mu isiganwa ry’uduce 25

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 30 April 2026 saa 04:26
Yasuwe :

Umunyarwanda Mugisha Moïse yasoje isiganwa ry’amagare “Ho Chi Minh City Television Cycling Cup 2026” ryari rimaze iminsi 28 ribera muri Vietnam.

Mugisha yasoreje ku mwanya wa gatanu ku rutonde rusange, mu gihe ari we wahize abandi mu manota yo kuzamuka imisozi.

Uyu mukinnyi usanzwe ukinira Benediction Banafrica Team mu Rwanda ndetse agahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu, yagiye muri Vietnam ku butumire bw’ikipe ya TPHCM Vinama.

Iri rushanwa rya ‘Ho Chi Minh City Television Cycling Cup’ ryabaga ku nshuro ya 38, ryatangiye tariki ya 3 Mata risozwa kuri uyu wa 30 Mata 2026, aho ryari rigizwe n’uduce 25 tureshya n’ibilometero 2745.

Mugisha Moïse yasoje utwo duce twose ari ku mwanya wa gatanu, aho yakoresheje amasaha 66, iminota 33 n’amasegonda icyenda, arushwa iminota 10 n’amasegonda 10 na Yarash Uladzislau w’Ikipe ya Ho Chi Minh City New Group wegukanye irushanwa ry’uyu mwaka.

Uyu mukinnyi w’Umunyarwanda ni we wasoje irushanwa yambaye umwambaro w’umukinnyi mwiza mu kuzamuka imisozi, aho yagize amanota 51 akurikiwe Pierantozzi Lucio yarushije amanota 12 mu gihe Yarash Uladzislau yasozanyije amanota 38 ku mwanya wa gatatu.

Ubwo iri rushanwa ryatangiraga tariki ya 3 Mata, ryarimo abakinnyi 115, ariko abarisoje ni abakinnyi 25 gusa.

Mugisha Moïse yasoje isiganwa "HVT Cup 2026" ryari rigizwe n'uduce 25 muri Vietnam
Mugisha Moïse ni we wabaye umukinnyi wahize abandi mu kuzamuka imisozi
Umunya-Belarus Yarash Uladzislau na Mugisha Moïse bari mu bakinnyi bagarutsweho cyane mu isiganwa ry'uyu mwaka muri Vietnam

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages