Iri siganwa ry’iminsi ibiri riri gukinwa ku nshuro ya kane, rizasozwa ku Cyumweru, tariki ya 12 Ukwakira 2025.
Umunsi wa mbere wakinwe ku wa Gatandatu, abasiganwa bahagurutse kuri Stade Amahoro berekeza mu Karere ka Kirehe.
Abagabo n’abatarengeje imyaka 23 bakoze intera y’ibilometero 177, abagore n’abakobwa batarengeje imyaka 23 n’ingimbi bakoze ibilometero 138. Ni mu gihe, abangavu bakoze ibilometero 72.
Umunya-Espagne, Alejandro Gainza Rodríguez ukinira May Stars yahize abagabo yegukana umwanya wa mbere, nyuma yo kugera i Kirehe mu ba mbere ndetse akanabanikira ubwo bazengurukaga inshuro 10 muri aka karere.
Uyu mugabo yakoresheje amasaha ane, iminota 36 n’amasegonda 49. Yakurikiwe na Nsengiyumva Shemu na Tuyizere Etienne ba Java Inovotec Pro Team.
Mu bagore, Nyirarukundo Claudette wa Team Amani yegukanye umwanya wa mbere akoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 37.
Yakurikiwe na Ingabire Diane wa Canyon Sram Zondacrypto na Ntakirutimana Martha ukinira Ndabaga Women Cycling Team.
Niyogisubizo Eric ukinira Les Amis Sportifs, Ishimwe Brian wa Ndabaga CT na Ntirenganya Moise wa Les Amis Sportifs bahize abandi mu ngimbi. Ni mu gihe Abangavu bayobowe na Masengesho Yvonne wa Ndabaga WCT, Akimana Donatha wa Ngarama WCT na Uwizeyimana Ancilla wa Bugesera WCT bahize abandi.
Ku munsi wa nyuma w’iri siganwa uzakinwa ku Cyumweru, abasiganwa bazazenguruka mu Karere ka Kirehe, aho abagabo (Men Elite & U23), ingimbi (Men Juniors) n’abagore (Women Elite & U23) bazahaguruka saa Tatu n’iminota ku biro by’Akarere ka Kirehe bafate umuhanda wa Rusumo ku Mupaka – Cyunuzi (aho Kirehe ihanira imbibi na Ngoma) – Ku biro by’Akarere ka Kirehe bazenguruke inshuro eshatu, hareshya n’ibilometero 69,5.
Icyiciro cy’abangavu (Women Juniors) bo bazenguruka Nyakarambi inshuro umunani, intera yose ingana n’ibilometero 31,2 guhera saa Tatu.
Mbere y’abo hazaba hakinwe isiganwa ry’abakoresha amagare ya matabaro, aho bazahaguruka Saa Mbili bazenguruke inshuro eshanu i Nyakarambi hareshya n’ibilometero 19,5.
Muri 2024, Niyonkuru Samuel yatsinze mu cyiciro cy’abagabo aka gace ko kuzenguruka muri Kirehe, Ingabire Diane atsinda mu bagore, Tuyipfukamire Aphrodice mu ngimbi naho Uwiringiyimana Liliane mu bangavu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!