00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi batanu bitezweho kwegukana Tour de France

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 28 June 2024 saa 12:51
Yasuwe :

Irushanwa mpuzamahanga rya mbere mu gusiganwa ku magare rya Tour de France, rigiye gukinwa ku nshuro ya 111 aho amakipe agera kuri 22 azaserukana abahanga mu bo atunze.

Ni ku nshuro ya mbere iri rushanwa ritazasorezwa mu Murwa Mukuru wa Paris bitewe n’uko uyu mujyi uri kwitegura kwakira imikino ya Olempike iteganyijwe muri Nyakanga.

Ku nshuro ya mbere kandi u Butaliyani buzakira agace ka mbere ka Tour de France ndetse ukaba n’isabukuru y’imyaka 100 u Butaliyani bwegukanye iri rushanwa ubwo ryatwarwaga na Ottavio Bottecchia mu 1924.

Ni isiganwa rifite imihanda igoye cyane ko harimo n’agace ka cyenda kazakinirwa mu Mujyi wa Troyes, kakaba gateye ubwoba abakinnyi bose kuko karimo imihanda minini kandi yubatse nk’inzira y’icyaro.

Nubwo bigoye ariko hari bamwe mu bakinnyi b’inkorokoro bamenyereye iri siganwa, akaba ari bo twagendeyeho dukora urutonde rwa batanu beza bashobora kuzaryegukana.

Jonas Vingegaard

Jonas Vingegaard ukinira Visma-Lease a Bike ubitse Tour de France ebyiri ziheruka azitabira iya 2024 nyuma y’imvune ikomeye yagize mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu Munya-Denmark w’imyaka 27 yagize imvune ikomeye muri Mata ubwo yakoraga impanuka ari mu isiganwa rya Itzulia Basque Country yasize avunitse urutugu n’imbavu.

Ikipe ye iherutse gutangaza ko yakize neza ndetse ari gukora n’imyitozo neza bituma azakorana na bagenzi be akaba yakongera gutwara iri siganwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Tadej Pogačar

Tadej Pogačar ni umwe mu bakinnyi bitezweho kwegukana isiganwa rya Tour de France aheruka gutwara inshuro ebyiri mu 2020 na 2021. Ibyo bimugira umunyamahirwe mu rigiye gukinwa.

Uyu Munya-Slovenia w’imyaka 25 kugeza ubu ni we nimero ya mbere ku rutonde ngarukamwaka rukorwa n’Ishyirahamwe ry’Umikino w’Amagare ku Isi (UCI).

Kugeza ubu akinira UAE Team Emirates ndetse mu mwaka ushize yayifashije gutwara umwambaro w’umukinnyi muto muri Tour de France, atwara Giro d’Italia ndetse yegukana uduce tumwe na tumwe muri Vuelta a Andalucía.

Primož Roglič

Primož Roglič ukinira Red Bull–Bora–Hansgrohe ni umwe mu bakinnyi beza bazaba bari guhatanira isiganwa rya Tour de France 2024 kuko amaze kuritwaramo uduce dutatu mu myaka itandukanye (2017, 2018, 2020).

Uyu Munya-Slovenia yegukanye isiganwa rya Giro d’Italia 2023 mu mwaka ushize ndetse bimwongerera amahirwe yo guhatanira irizabera mu Bufaransa.

Muri uyu mwaka kuva watangira amaze kugaragara mu masiganwa 19 mbere y’uko ajya mu Bufaransa.

Primož w’imyaka w’imyaka 34 ni ubwa mbere agiye gukina Tour de France ari mu ikipe nshya kuko mu mwaka ushize yakiniraga Visma Lease a Bike yo mu Buholandi.

Carlos Rodríguez

Umunya-Espagne Carlos Rodríguez ukinira Ineos Grenadiers ni umwe mu bakinnyi bo kwitega muri uyu mwaka wa 2024 kuko ubushize yegukanye agace kamwe muri Tour de France ndetse muri uyu mwaka akaba yaramaze kwibikaho Tour de Romandie.

Ni umukinnyi w’imyaka 23 ushobora gutungurana kuko ubuzima bwe buhagaze neza cyane ko mu mezi atandatu aheruka amaze gukina amasiganwa 32.

Si ibyo gusa kuko uyu mukinnyi afite umwanya wa kabiri muri Itzulia Basque Country, muri Critérium du Dauphiné aza ku mwanya wa kane yanabaye umukinnyi mwiza uzamuka.

Pello Bilbao López de Armentia

Pello Bilbao akinira Bahrain Victorious. Muri uyu mwaka, uyu Munya-Espagne amaze kugaragara mu masiganwa 34, uyu mukinnyi nta siganwa rikomeye aregukana ariko ni umwe mu bakunze gutanga akazi cyane dore ko mu mwaka ushize yatwayemo agace kamwe.

Agiye kujya muri Tour de France amaze kuba umukinnyi wa kabiri muri Tour of Slovenia, uwa gatatu muri UAE Tour, uwa gatandatu muri Tour of the Basque Country na Volta a la Comunitat Valenciana.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages