Kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Gashyantare, ni bwo hakinwe Agace ka Munani gasoza Tour du Rwanda 2023 mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, ku ntera ya kilometero 75,3.
Perezida Paul Kagame ni umwe mu bitabiriye isozwa ry’iri siganwa mpuzamahanga kuri Canal Olympia- Rebero.
Mbere y’uko aka gace ka nyuma gatangira, Henok Mulubrhan wa Green Project-Bardiani yanganyaga ibihe na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team, ndetse n’abandi bakinnyi barimo Muhoza Eric ukinira Bike Aid bari bagifite amahirwe yo kwegukana isiganwa.
Aba bakinnyi bari imbere, bakomeje gucungana mu gice kinini cy’isiganwa, kimwe n’abandi barimo Lecerf William Junior wa Soudal Quick-Step wagize ikibazo cy’igare mu bilometero bya nyuma ubwo bazamukaga ku i Rebero.
Henok Mulubrhan w’imyaka 23, wari wakomeje kuba hafi mu itsinda ryari rikurikiye Yemane Dawit wacitse mu bilometero bine bya nyuma, yatanze abandi kugera kuri Canal Olympia akoresheje amasaha abiri, iminota ine n’amasegonda 52.
Uyu Munya-Eritrea yakoresheje ibihe bimwe n’abandi barimo Joseph Peter Backmore w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Victor de la Parte wa TotalEnergies, Lecerf Junior William wa Soudal Quick-Step na Walter Calzoni wa Q36.5.
Yemane Dawit wa Bike Aid, yasoreje ku mwanya wa gatandatu arushwa amasegonda atanu mu gihe Main Kent wa Afurika y’Epfo yasizwe amasegonda umunani.
Ku rutonde rusange, Henok Mulubrhan yegukanye Tour du Rwanda 2023 amaze gukoresha amasaha 28, iminota 58 n’isegonda rimwe, ibihe anganya na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team.
Kuba abakinnyi ba mbere banganya ibihe, byatumye hitabazwa itegeko ry’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) rivuga ko hateranywa imyanya bagize mu duce bakinnye kuva isiganwa ritangiye.
Mbere y’aka Gace ka Munani, ku giteranyo, Henok yagize imyanya 48 naho Calzoni agira imyanya 50. Kuba uyu Munya-Eritrea yabaye uwa mbere, byahise bimuhesha kwegukana Tour du Rwanda 2023.
Umubiligi Lecerf William Junior ukinira Soudal Quick-Step, yasoreje ku mwanya wa gatatu arushwa isegonda rimwe naho Umunya-Espagne Victor de la Parte wa TotalEnergies asigwa amasegonda ane.
Henok Mulubrhan waherukaga gutwara Agace ka Gatatu kasorejwe i Musanze kavuye i Huye, akaba ari nabwo yaherukaga umwambaro w’umuhondo yongeye kwambikirwa kuri Mont Kigali ku wa Gatandatu, yabaye Umunya-Eritrea wa gatatu wegukanye Tour du Rwanda kuva igiye ku rwego rwa 2,1 mu 2019.
Abandi batwaye iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 15 kuva ribaye mpuzamahanga ni Merhawi Kudus mu 2019 ndetse na Natnael Tesfazion mu 2020 na 2022.
Mu 2021, ryatwawe n’Umunya-Espagne Cristián Rodríguez Martin wakiniraga TotalEnergies.
Umunyarwanda waje hafi mu Gace ka Munani, ni Nsengimana Jean Bosco wabaye uwa 21 yasizwe iminota umunani n’amasegonda 18, akurikirwa na Chris Froome wa Israel-Premier Tech yasize amasegonda atatu.
Muhoza Eric (Bike Aid) wa 26, Niyonkuru Samuel wa 28, Hakizimana Félicien (May Stars) wa 29 na Masengesho wa 30, ni abandi Banyarwanda babashije gusoreza hafi mu bakinnyi 55 basoje isiganwa muri rusange.
Uyu mukinnyi wa Bike Aid yo mu Budage yasoje Tour du Rwanda 2023 ari we Munyarwanda uhagaze neza kuko yabaye uwa 14 arushwa iminota umunani n’amasegonda 30 mu gihe Niyonkuru Samuel yasoje ari uwa 21, arushwa iminota 26 n’amasegonda 29.
UKO ISIGANWA RYAGENZE:
Etape 8: Henok Mulubrhan yegukanye #TdRwanda23; Yahembwe na Perezida Kagame
KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI YARANZE ISOZWA RYA TOUR DU RWANDA 2023
VIDEO: Reba uko Henok yabigenje agatanga abandi kugera ku i Rebero
UKO ABAKINNYI BAHEMBWE:
- Umukinnyi wasozanyije ‘Maillot Jaune’ itangwa na Visit Rwanda: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
- Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Oliver Pritzen (EF Education- Nippo)
- Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Calzoni Walter (Q36.5 Procycling Team)
- Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
- Umukinnyi wegukanye Agace ka Canal Olympia- Canal Olympia: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
- Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
- Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
- Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Marc Oliver Pritzen (EF Education- Nippo)
- Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Mark Stewart (Bolton Equities)
- Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Euskaltel-Euskadi
AMAFOTO: Perezida Paul Kagame ari mu bahaye amashyi Henok Mulubrhan, wegukanye #TdRwanda23.
AMAKURU MASHYA:
12:44: Henok Mulubrhan yegukanye Tour du Rwanda 2023 nyuma yo gutsinda Agace ka Munani kuri Canal Olympia.
12:40: Yemane Dawit washyizemo amasegonda atanu gusa, agiye gufatwa n’itsinda rimukurikiye.
12:36: William Lecerf wa gatatu ku rutonde rusange, ayoboye itsinda ririmo Henok wambaye umwambaro w’umuhondo.
HASIGAYE IBILOMETERO BIBIRI
12:34: TotalEnergies ni yo iyoboye itsinda rikurikiye Yemane Dawit.
12:34: ISIGANWA MU BILOMETERO BITATU BYA NYUMA.
12:33: Yemane Dawit ahisemo kugenda, ayobora isiganwa wenyine mu gihe hasigaye ibilometero bine gusa.
12:31: Ubu abakinnyi bari imbere ni batanu, bakurikiwe n’itsinda ririmo Henok ryasizwe amasegonda 10.
Yemane, Gelders na Stewart bafashe Bonnet na Bizkarra.
12:30: HASIGAYE IBILOMETERO BITANU GUSA.
12:39: Bizkarra acitse abandi ayobora isiganwa, ariko akurikirwa na Thomas Bonnet.
12:28: Abasiganwa bageze mu Kanogo berekeza i Gikondo. Isiganwa riyobowe n’abakinnyi barimo Henok wambaye umwambaro w’umuhondo.
Utsinda, ni ukwitwara neza mu musozi wa Rebero no kuri Canal Olympia.
AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATANDATU
Yatangiwe kwa Mutwe ku kilometero cya 61,2, yegukanywe na:
1. Mulueberhan
2. Lecerf
3. Calzoni
4. Blackmore
PEREZIDA KAGAME YAGEZE KU I REBERO
Perezida Paul Kagame amaze kugera kuri Canal Olympia Rebero ahari busorezwe Agace ka Munani ari nako ka nyuma ka #TdRwanda23.
Abakinnyi ba Team Rwanda bari kuba hafi Muhoza Eric ukinira Bike Aid
ABAKINNYI BARI IMBERE BARI GUCUNGANA KU JISHO
Abakinnyi bageze mu Gakinjiro mu Mujyi wa Kigali. Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani, wa mbere; Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team na Lecerf William Junior bari imbere ku rutonde rusange bari gucungana cyane.
12:14: Itsinda ririmo Henok ryongereye umuvuduko mu gihe abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 57.
12:10: Abakinnyi 13 ni bo bari imbere, aho bari kumwe na Henok uri imbere ku rutonde rusange. Basize Budiak na Berasategi ho amasegonda 45.
AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATANU
1. Main
2. Mulueberhan
3. Yemane
4. Lecerf
12:03: Abakinnyi bari imbere ni 14. Bamaze kugenda ibilometero 50. Basize bane babari inyuma ho 1’50’’ mu gihe igikundi kiri ku minota 3’25’’.
11:59: Abakinnyi bageze ku kilometero cya 48 muri 75 bagomba gusiganwa uyu munsi. Abakinnyi bane bakurikiye rya tsinda riri imbere babasizeho 1’10’’. Barimo Muhoza, Eyob, Piccoli na Gabburo. Igikundi cyo cyasigayeho 2’10’’.
Andi mafoto arimo ayo kwa Mutwe bazamutse ku nshuro ya kabiri no mu muhanda
Cogebanque yishimiye guherekeza Tour du Rwanda 2023
Cogebanque nka Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi ni umuterankunga w’imena wa Tour du Rwanda. Kuva mu myaka 12 ishize iyi banki yatanze umusanzu wayo mu gushyigikira umukino w’amagare na Tour du Rwanda by’umwihariko.
Muri uyu mwaka, Cogebanque yarushijeho gusobanurira abakiliya bayo n’abaturarwanda muri rusange uko bagera kuri serivisi z’imari mu buryo buboroheye cyane.
Iyi banki ifite serivisi zitandukanye aho abantu bafunguje amakonti biyongerera amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye.
Muri Tour du Rwanda, Cogebanque yakomeje Ubukangurambaga “Tugendane” bwatangijwe mu ntangiriro za Gashyantare 2023 mu gufasha abaturarwanda kugera kuri serivisi z’imari nk’inzira igana ku bukungu buhamye.
Ubukangurambaga bwa ‘Tugendane’ buzamara amezi abiri. Bwifashishwa mu gushishikariza abakiliya kubitsa, kuzigama no kurushaho gukoresha serivisi z’ikoranabuhanga.
Ku muntu ushaka gukoresha ikoranabuhanga rya Cogebanque afite telefoni ntoya akoresha *505# akabona serivisi yifuza mu gihe abafite izigezweho bakoresha porogaramu ya banki yitwa ‘Coge mBank’ ishyirwa muri telefoni.
Igishya muri uyu mwaka ni uko ibihembo byongerewe ndetse bizajya bitangwa buri kwezi, aba-agents ba banki na bo bashyirwa mu bazahembwa ibirimo amafaranga, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi.
Stage 8: Canal Olympia - Canal Olympia (75.3KM)
The last stage of #TdRwanda23 🚴!!Excitements are all over the place, Who do you think will be today’s Champion?
Enjoy the race from the convenience of your home, use our Coge mBank to pay for electricity, snacks, etc. pic.twitter.com/ad68FR2Ln2
— Cogebanque PLC (@Cogebanque1) February 26, 2023
When we show up, we show up in style and enthusiasm to serve you.
Join us and enjoy accessing banking services 24/7 seamlessly with our Mobile App.
Download the Coge mBank NOW, available on App store and Google PlayStore. #TugendaneNaCogebanque23 #TdRwanda23#RwOT pic.twitter.com/g6e1lcn22W
— Cogebanque PLC (@Cogebanque1) February 26, 2023
#TdRwanda23 Stage 7 - Highlight.
A glance at how thrilling it is to ride with us!
Join the ride by visiting your nearest #Cogebanque branch to request for life-changing loans that assist you to achieve your financial goals. #TugendaneNaCogebanque23 #RwOT pic.twitter.com/JoN8r2SYCl
— Cogebanque PLC (@Cogebanque1) February 25, 2023
The last stage of #TdRwanda23 highlights! (Stage 8) .
Tour du Rwanda 2023 ended on a high note!
We thank our clients all over the country , and the journey continues , let’s continue riding together towards your financial freedom !
#TugendaneNaCogebanque23 #RwOT pic.twitter.com/xQaTMwBoxi— Cogebanque PLC (@Cogebanque1) February 27, 2023
The well-deserving @MarcPritzen who won #TdRwanda23 Final Stage as the Best Climber and did so for 7 Stages was awarded by the HON. Aurore Mimosa Munyagaju, Minister of Sports, and Guillaume N. Habarugira, Cogebanque CEO.
His efforts were impeccable 👏👏#RwOT pic.twitter.com/hkfGEJrbNq
— Cogebanque PLC (@Cogebanque1) February 26, 2023
As we wind up @tour_du_Rwanda , feel free to check out @Cogebanque1 for the following facilities:
●Savings
●Digital banking
●Consumers loans: Mortgage, Salary advance
●Agency banking
●SchoolGEAR
●Other facilities
You will thanks me later. #TugendaneNaCogebanque23 pic.twitter.com/rGJYgCh6Kk— Clarisse Uwimana (@uwimaclarisse) February 26, 2023
Hamwe na Home Equity Release ya @Cogebanque1 uhabwe inguzanyo igera kuri 70% y’agaciro k’inzu yawe Cg amafaranga umaze kwishyura ku inguzanyo y'inzu. Gana ishami rya rikwegereye uyu munsi uhindure uko ubukungu bwawe bwifashe.#TugendaneNaCogebanque23 #TdRwanda23 @tour_du_Rwanda pic.twitter.com/EApGNNfyZU
— Patycope (@Patycope) February 26, 2023
When we show up, we show up in style and enthusiasm to serve you.
Join us and enjoy accessing banking services 24/7 seamlessly with our Mobile App.
Download the Coge mBank NOW, available on App store and Google PlayStore. #TugendaneNaCogebanque23 #TdRwanda23#RwOT pic.twitter.com/g6e1lcn22W
— Cogebanque PLC (@Cogebanque1) February 26, 2023
11:54: Abakinnyi 16 ni bo bari kumwe na Henok wa mbere kuri ubu ku rutonde rusange. Ababakurikiye basizwe umunota umwe mu gihe igikundi kiri inyuma ho 1’30’’.
11:51: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 45. Ikinyuranyo hagati y’abari imbere n’ababakurikiye ni umunota umwe n’amasegonda 40.
Techno Market yazengurutse igihugu yegera abakiliya bayo
Icapiro ritanga serivisi zo gusohora inyandiko ku mpapuro (printing), kwandika ku byapa n’imyenda, gushushanya ku bikoresho n’ibindi bintu (branding), Techno Market, ryongereye udushya ndetse ryagura n’ibikorwa ku barigana muri Tour du Rwanda 2023.
Techno Market itanga serivisi binyuze no mu ikoranabuhanga kuri www.technomarketrwanda.com. Ikorera muri T2000 Hotel, ahateganye n’inyubako yo kwa Ndamage. Zimwe muri serivisi itanga harimo gusohora inyandiko z’ibitabo, ibinyamakuru, udutabo duto (printing). Yandika kandi ikanashushanya ku myenda, ingofero, impuzankano n’ibikoresho byifashishwa mu nama nk’ibikapu (conference bag), ibyo batwaramo impapuro (conference folders), amabendera, amakaramu ariho ibirangantego, udukaye two kwandikamo (notebooks) n’ibindi.
Highlights of #TdRwanda23 Stage 7 : Nyamata - Mont Kigali ( 115.8km) .#Weprintforyou pic.twitter.com/47Bobczyde
— Techno Market Printing House (@technomarket1) February 25, 2023
Techno Market itanga serivisi binyuze mu ikoranabuhanga kuri https://t.co/nKYMte8Grq. Ikorera muri T2000 Hotel, ahateganye n’inyubako yo kwa Ndamage. Zimwe muri serivisi itanga harimo gusohora inyandiko z’ibitabo, ibinyamakuru, udutabo duto (printing). #TdRwanda23 pic.twitter.com/3yYTglHJ2u
— Techno Market Printing House (@technomarket1) February 25, 2023
Techno Market itanga serivisi binyuze mu ikoranabuhanga kuri https://t.co/nKYMte8Grq. Ikorera muri T2000 Hotel, ahateganye n’inyubako yo kwa Ndamage. Zimwe muri serivisi itanga harimo gusohora inyandiko z’ibitabo, ibinyamakuru, udutabo duto (printing). #TdRwanda23 pic.twitter.com/3yYTglHJ2u
— Techno Market Printing House (@technomarket1) February 25, 2023
Andi mafoto y’abakinnyi mu muhanda
AMANOTA Y’UMUSOZI WA KANE
1. Yemane
2. Gelders
3. Blackmore
4. Bonnet
11:47: Abari imbere basize abarimo Eyob, Piccolo na Gabburo ho 1’25’’ mu gihe igikundi kiri inyuma ho 1’40’’.
11:45: Abakinnyi 14 ni bo bari kugendera hamwe n’itsinda ririmo Henok wambaye umwambaro w’umuhondo. Basize Budiak na Berasategi ho amasegonda 20.
11:43: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 38. Abakinnyi bane mu bari imbere basigaye, ni ukuvuga ko bari hagati y’igikundi n’abayoboye bari imbere.
AMANOTA YA SPRINT YA KABIRI
1. Bonnet
2. Lecerf
3. Calzoni
11:34 Abakinnyi bari imbere bamaze gukoresha ibilometero 34. Arefayne na Pritzen basizwe na cya gikundi kiri imbere.
AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATATU
1. Pritzen
2. Arefayne
3. Bonnet
4. De la Parte
Abakinnyi bayoboye isiganwa bazamuka kwa Mutwe
11:32: Abakinnyi 18 bari imbere bamaze gusiga igikundi ho amasegonda 45.
Mulueberhan na Tolio (Green Project)
Bonnet et De la Parte (TotalEnergies)
Calzoni (Q36.5)
Arefayne (Erythrée)
Bizkarra na Berasategi (Euskaltel)
Lecerf, Vernon na Gelders (Soudal-QuickStep)
Kusztor (Novo Nordisk)
Yemane (Bike Aid)
Pritzen (EF Education)
Blackmore na Stewart (Bolton)
Ormiston na Main (Afurika y’Epfo)
11:27: Igikundi cyacitsemo kabiri. Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani ari mu cya mbere. Abakinnyi 19 bari imbere basizwe amasegonda 25.
11:26: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 26. Igikundi cyafashe ba bakinnyi 14 bari imbere, ubu bari kugendera hamwe.
11:23: Abakinnyi benshi bashyikiriye Stewart wa Bolton. Ubu imbere bari kugendana ari 14.
Abakinnyi batambutse kwa Mutwe ku nshuro ya mbere:
Abakinnyi bamaze kurenga kwa Mutwe, mu isiganwa rigomba kwerekana uwegukanye #TdRwanda23. Bagomba kuzenguruka inshuro eshatu mu duce dutandukanye twa Kigali.
Abakinnyi bamaze kurenga kwa Mutwe, mu isiganwa rigomba kwerekana uwegukanye #TdRwanda23. Bagomba kuzenguruka inshuro eshatu mu duce dutandukanye twa Kigali. pic.twitter.com/a45wJpUgcz
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 26, 2023
11:18: Abakinnyi bari imbere bageze ahahoze Gereza ya Nyarugenge aho bamaze gukoresha ibilometero 18. Nyuma yo kuzamuka kwa Mutwe, Stewart (Bolton) ni we uyoboye.
Yasize igikundi kirimo Henok ho amasegonda 15. Iri tsinda ririmo abakinnyi 13 barimo Bonnet (TotalEnergies), Grellier (TotalEnergies), Calzoni (Q36.5), Mulueberhan (Green Project), Tolio ( Green Project), Lecerf (Soudal-QuickStep), Vernon (Soudal-QuickStep), De la Parte (TotalEnergies), Blackmore (GBR), James Fouche (Bolton), Kusztor (Novo Nordisk), Ormiston (Afurika y’Epfo) na Berasategi (Euskaltel).
11:14: Abakinnyi 15 bari mu gikundi kimwe na Henok wambaye maillot jaune batangiye kwirema mu duce. Kuri ubu ikinyuranyo kiri hagati yabo n’abari imbere ni amasegonda 10.
11:08: Abakinnyi bari mu gikundi bagiye gutangira kuzamuka kwa Mutwe i Nyamirambo. Ikipe ya TotalEnergies ni yo ikiyoboye.
MySol yegereje Abaturarwanda ibikoresho bishya birimo ibyuma bishyushya amazi
Sosiyete itanga Ingufu z’Amashanyarazi akomoka ku mirasire y’Izuba, Engie Energy Access Rwanda, yamuritse ibikoresho bishya birimo amatara y’umutekano n’ibyuma bishyushya amazi, irushaho kubyegereza Abaturarwanda aho bari mu gihugu hose.
Mu 2020, ENGIE Group yaguze Mobisol, Fenix International na ENGIE PowerCorner bituma ibi bigo byose bihurizwa hamwe mu cyitwa ENGIE Energy Access yasimbuye izina rya Mobisol yitwa MySol.
Engie Energy Access ni yo igeza ku Banyarwanda ibicuruzwa bya Mysol, aho imaze gucanira abaturage bagera ku 300.000 bagizwe n’imiryango 60,000. Ni mu gihe amashuri agera kuri 400 amaze guhabwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.
Intego yacu nuko buri muturarwanda wese yacana umurasire wa #MySol. Nawe duhamagare ku murongo utishyurwa 2345 tuwukugezeho. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda pic.twitter.com/mFpgO2tWF8
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 25, 2023
Welcome to the final day of the #TdRwanda23! It's been an incredible race, filled with passion, determination, and breathtaking performances. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/YPBfWLBCNj
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Tugeze kuri final ya #TdRwanda23. Gana ishami ryacu rikwegereye, cyangwa se uhamagare kuri 2345 tukugezeho ibikoresho bitandukanye by’umurasire wa #MySol. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/S52EbYhU6t
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Tugufitiye umurasire guhera kuri 10W kugera kuri 10KW, amatara yo ku bipangu (security lights), ibyuma bishyushya amazi ndetse n’ibindi byinshi. Duhamagare ku murongo utishyurwa 2345 tubikugezeho. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/gqol6Udo8q
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Iyo uguze ibikoresho byacu, ushobora no kwishyura mu byiciro. Umurasire mwiza, ubuzima buhebuje. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/S4LkyS3trF
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Umurasi mwiza, ubuzima buhebuje. Dukunda batugana😍🤩! @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/khzkz2KjKS
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Tugufasha kukugezaho ibikoresho byacu, aho waba uherereye hose hano mu Rwanda. Nimero itishyurwa ni 2345. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/gA8Ss58HwA
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Stage8 na MySol twaje cyane koko!!!Udukeneye duhamagare kuri 2345
Ibikoresho byacu ni ntagereranywa!#MySolRwanda@MySolRwanda@cyclingrwanda @tour_du_Rwanda pic.twitter.com/U7srLWsE5H— niyitegeka gratien (@niyitegekagrat4) February 26, 2023
Tugane tugusobanurire ibyiza byo gukoresha umurasire wa #MySol. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/JbTF20yYpI
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Umurasire mwiza, ubuzima buhebuje na @MySolRwanda , ntakogera kurara mu mwijima #MySolRwanda @tour_du_Rwanda
Uko baserutse muri Caravane Ya #TdRwanda23 Stage 8 pic.twitter.com/8dkrydIX2m
— Patycope (@Patycope) February 26, 2023
Sezera kurara mu kizima ndetse no koga amazi akonje. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/HPI5Hemhip
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Mwarakoze cyane kumenyekanisha ibikorwa byacu aho twanyuze hose! Umurasire mwiza, ubuzima buhebuje. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/eThPecGtvN
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
Umunyarwenya @niyitegekagrat4 abafitiye message muri @tour_du_Rwanda hamwe na @MySolRwanda #TdRwanda23 pic.twitter.com/eLwSY6NJ5O
— Patycope (@Patycope) February 26, 2023
Kuri mwe mwese mufite inganda, ibigo by’amashuri, amahoteri ndetse n’ibindi bigo binini; muduhamagare kuri 2345 tubacanire. @tour_du_Rwanda #TdRwanda23 #MySolRwanda #Stage8 pic.twitter.com/ke48YWeaOS
— MySol Rwanda (@MySolRwanda) February 26, 2023
AMANOTA YA SPRINT YA MBERE
1. Bonnet
2. Calzoni
3. De la Parte
11:03: Ikipe ya Green Project ikinamo Henok wambaye maillot jaune ni yo iyoboye igikundi.
10:59: Abakinnyi bane bagerageje kwataka. Abari imbere ni Lecerf William Junior (Soudal-QuickStep), Grellier na Bonnet (Soudal-QuickStep) na Stewart (Bolton).
Tour du Rwanda isigayemo abakinnyi 63
Tour du Rwanda yitabiriwe n’abakinnyi 93 bari mu makipe 19 aturutse mu bice bitandukanye by’igihugu. Kugeza uyu munsi hasigayemo abakinnyi 63 ndetse ni bo batangiye Etape ya Munani.
Abakinnyi batatangiye isiganwa ry’uyu munsi ni Reinderink (Soudal-QuickStep) na Oram (Bolton).
Horizon Express yongeye guherekeza Tour du Rwanda
Ikigo gikora ingendo zihuza uturere twose tw’Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali, Horizon Express, ni cyo gitwara amakipe n’abakinnyi bitabira Tour du Rwanda.
Horizon Express imaze imyaka 17 mu kazi ko gutwara abantu ni ku nshuro ya kane cyaherekeje Tour du Rwanda.
WATCH:#TdRwanda23 Stage 7 Nyamata - Kigali highlight video.
Horizon Express Official Supplier #TdRwanda23
Horizon Express Official Teams Transporter #TdRwanda23#TujyaneNaHorizon #Rwanda #RwoT pic.twitter.com/hAo6OJvB8j— Horizon Express Ltd (@ExpressHorizon) February 25, 2023
Toujour avec @ExpressHorizon #TdRwanda23 pic.twitter.com/46Y2DF5SxR
— Kanyizo Jc (@Kanyizo2) February 25, 2023
Final Stage #TdRwanda23, we are in Kigali!!
Horizon Express Official Supplier #TdRwanda23
Horizon Express Official Teams Transporter #TdRwanda23#TujyaneNaHorizon#Rwanda #RwoT pic.twitter.com/duoBqkF8Or— Horizon Express Ltd (@ExpressHorizon) February 26, 2023
Pritzen Marc Oliver is the Most Combative of the final stage #TdRwanda23.
Horizon Express Official Supplier #TdRwanda23
Horizon Express Official Teams Transporter #TdRwanda23#TujyaneNaHorizon #Rwanda #RwoT
📸 @IGIHE, @mine_picturez pic.twitter.com/eHJGiuci44— Horizon Express Ltd (@ExpressHorizon) February 26, 2023
#TujyaneNaHorizon #TdRwanda23 https://t.co/GfSwUVMigq
— Horizon Express Ltd (@ExpressHorizon) February 26, 2023
AMANOTA Y’UMUSOZI WA MBERE:
10:52: Yatangiwe ku i Rebero ku kilometero cya 6,6. Yegukanywe na:
1. Janniere (TotalEnergies)
2. Pritzen
3. Nsengimana Jean Bosco
4. Arefayne
10:46: Mu bagiye batangiye kuzamuka umuhanda w’amabuye, abakinnyi bose bongeye kugendera hamwe mu gikundi.
10:42: Abakinnyi benshi batangiye kugerageza gusohoka mu gikundi.
10:41: Abakinnyi bari imbere mu gikundi bari kugendera ku muvuduko wo hejuru.
10:39: ISIGANWA NYAKURI RIRATANGIYE. Abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe bageze kuri Camp Zaïre.
10:30: ISIGANWA RIRATANGIYE.
Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2023 gatangijwe na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, kuri Canal Olympia.
Abakinnyi bagiye kubanza gukora intera y’ibilometero 5,2 bitabarwa.
Ikoranabuhanga rikomeje kwimakazwa muri Tour du Rwanda
Ikigo cy’Ikoranabuhanga kizwi nka Centrika ku nshuro ya mbere cyitabiriye Tour du Rwanda. Cyegereje Abanyarwanda serivisi zabafasha kwiteza imbere no gushaka ibisubizo byubakiye ku gukoresha ikoranabuhanga.
Centrika iri kugeza amakarita ya SafariBus ku bantu bose iyatangira ubuntu kuko akoreshwa mu bwikorezi bw’abantu no guhaha ibicuruzwa bitandukanye.
The final stage of Tour du Rwanda with our amazing Centrika hostess! #TdRwanda23 pic.twitter.com/orzdK5lyyl
— Centrika Rw (@CentrikaRw) February 26, 2023
The suspense is killing us! Who will be crowned the champion of Tour du Rwanda 2023? We can't wait to find out. But before that, swing by CanalOlympia at CentrikaCaravan and get your free SafariBus Card for free.#TdRwanda23 #safaribus pic.twitter.com/OX0G2WSiNJ
— Centrika Rw (@CentrikaRw) February 26, 2023
Our Customer Service and Marketing Manager Winnie got to meet the official MCs of Tour du Rwanda @david_bayingana and @ShemNateteBrian , along with David who received his SafariBus card from us,These two are doing a great job!#TdRwanda23 #SafariBus pic.twitter.com/deQuEU3AEd
— Centrika Rw (@CentrikaRw) February 26, 2023
At Tour du Rwanda, we're proud to be making a difference in people's lives. Today, we gave out free SafariBus cards, helping to make financial transactions and transportation easier and more convenient.The famous @david_bayingana got his card too!#TdRwanda23 #SafariBus pic.twitter.com/kxNiKYH5Di
— Centrika Rw (@CentrikaRw) February 25, 2023
Come to Mont Kigali at our Caravan and get your SafariBus Card for free!Don’t miss out this opportunity!#TdRwanda23 pic.twitter.com/Yx09aMvVUE
— Centrika Rw (@CentrikaRw) February 25, 2023
Imiterere y’Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2023
Ni agace kagoye gakinwa kenshi hasozwa Tour du Rwanda nk’uko byagenze no mu nshuro ebyiri ziheruka.
Kiganjemo imisozi igoye kuko hari amanota atangirwa ku i Rebero inshuro eshatu no kuri Mur de Kigali (Kwa Mutwe) inshuro eshatu.
Hejuru y’iyo misozi yombi, hiyongera akazamuko ko ku rwego rwo hejuru ko kuri Canal Olympia ari nako basorezaho bagiye gutsinda.
Amanota ya ’sprint’ aratangwa inshuro ebyiri: Kuri Sitasiyo SP ku kilometero cya 13 no ku kilometero cya 35,5.
Uwavuga ko uyu munsi hatsinda umuzamutsi mwiza, ntiyaba yibeshye.
Mu mwaka ushize, Agace ka Munani katwawe na Mugisha Moïse. Kuri iyi nshuro, uyu mukinnyi wa Team Rwanda ntakiri mu isiganwa kuko yavuyemo ku Gace ka Gatandatu kasorejwe i Gicumbi kavuye i Rubavu.
Inyange Industries yaherekeje Tour du Rwanda 2023
Uruganda rwa Inyange Industries rwaherekeje Tour du Rwanda 2023 mu bice bitandukanye by’igihugu rurushaho gusobanurira no kwegereza Abanyarwanda ibijyanye n’ibicuruzwa byarwo.
Abatuye mu bice bitandukanye by’aho iri rushanwa rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare ryanyuze, bishimiye ibinyobwa byarwo. Muri uyu mwaka rwamuritse by’umwihariko umutobe ukoze mu mapera.
Inyange Industries ni yo itanga ibinyobwa abakinnyi n’abandi bitabira Tour du Rwanda banywa kuva isiganwa ritangiye kugeza rirangiye.
Cheers to Euskaltel-Euskadi for their big win @tour_du_Rwanda! Inyange hydration was definitely a game-changer!#AlwaysInyange #TdRwanda23 #stayhydrated pic.twitter.com/wTfnDIXRoj
— Inyange (@AlwaysInyange) February 26, 2023
Say good bye to #TdRwanda23 by savoring every sip of our delicious Guava juice! #Stayhydrated pic.twitter.com/8ibVWlLjXn
— Inyange (@AlwaysInyange) February 26, 2023
— Inyange (@AlwaysInyange) February 25, 2023
Day 7 was as fun as it gets #AlwaysInyange #TdRwanda23 pic.twitter.com/4yiiuski5o
— Inyange (@AlwaysInyange) February 25, 2023
Cheers to the hardworking cyclists of Tour du Rwanda! Keep riding strong and hydrating even stronger. 🌟💧🚴♂️#TdRwanda23 #AlwaysInyange #stayhydrated pic.twitter.com/8IfzsDjHF3
— Inyange (@AlwaysInyange) February 25, 2023
Congratulations to the Euskaltel-Euskadi team which was awarded by Inyange; your ultimate hydration companion during #TdRwanda23 . pic.twitter.com/ea3cEqTcH5
— Inyange (@AlwaysInyange) February 25, 2023
Ni nde wegukana Tour du Rwanda 2023?
Kugeza none ntawe uzi umukinnyi ushobora kwegukana Tour du Rwanda 2023.
Abakinnyi bayoboye urutonde rusange baregeranye mu bihe bamaze gukoresha ku buryo ushobora gukora ikinyuranyo kuri iki Cyumweru ari we utwara iri rushanwa.
Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani, wabaye uwa 17 asizwe umunota n’amasegonda 54 ku wa Gatandatu, ni we wahise yambara umwenda w’umuhondo aho amaze gukoresha amasaha 26, iminota 53 n’amasegonda icyenda, ibihe anganya na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team.
Kuba abakinnyi ba mbere banganya ibihe, byatumye hitabazwa itegeko ry’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) rivuga ko hateranywa imyanya bagize mu duce bakinnye kuva isiganwa ritangiye.
Ku giteranyo, Henok yagize imyanya 48 naho Calzoni agira imyanya 50.
Lecerf William Junior wari wambaye umwenda w’umuhondo, ni uwa gatatu ku rutonde rusange arushwa isengonda rimwe, agakurikirwa na Victor de la Parte (TotalEnergies) urushwa atatu na Anatolii Budiak (Terengganu Polygon) urushwa amasegonda ane.
Umunyarwanda uza hafi ku rutonde rusange ni Muhoza Eric wa gatandatu aho arushwa amasegonda umunani gusa, bimuha amahirwe yo guhatanira gutwara Tour du Rwanda izasozwa kuri iki Cyumweru.
The ultimate prize is still up for grabs.
Who is going to take it all? #TdRwanda23 pic.twitter.com/uAd1cWKmx6— 𝗧𝗼𝘂𝗿 𝗱𝘂 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 🇷🇼 (@tour_du_Rwanda) February 26, 2023
10:00: Hari kwerekanwa abakinnyi bagiye gukina Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2023.
Kugeza ku wa Gatandatu hari hamaze kuvamo abakinnyi 32 ariko byitezwe ko bashobora kwiyongera.
Inzira z’Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2023
Isiganwa riratangirira kuri CANAL OLYMPIA, bamanuke ku i Rebero, ariko ibihe biratangira kubarwa bamaze kugenda ibilometero 5,2 bitabarwa. Ni ukuvuga, ubwo baraba bageze kuri Camp Zaïre.
Barahita bafata umuhanda wa Kanogo - Rugunga - SEGEM - Gikondo kwa Mironko - Merez 1 - Merez 2 - Umuhanda w’amabuye.
Harakurikiraho kuzenguruka: Rond point Rebero - Miduha - LP - Kuri Tapis - Kwa Gisimba - Nyakabanda - Kwa Mutwe - Mosqué Majengo - ONATRACOM - Gitega - Gereza - Yamaha - Kinamba - Poids Lourds - Kanogo. Aho hose ni inshuro eshatu.
Baranyura kandi mu Rugunga - SEGEM - Gikondo kwa Mironko - Merez 1 - Merez 2 - Umuhanda w’amabuye - Rond point Rebero - Canal Olympia aho basoreza.
Imyiteguro kuri Canal Olympia irarimbanyije:
Abantu bafite imirimo itandukanye muri Tour du Rwanda 2023 babukereye kuri Olympia ahagiye gutangirira aka Gace ka Munani.
Bella Flowers igiye gushyira ku isoko indabo nshya z’amaroza
Ikigo Nyarwanda gihinga indabo z’amaroza, Bella Flowers, cyatangaje ko kigiye gushyira ku isoko ubwoko bushya, buzagera ku bakunzi b’indabo mu gihe kitarenze amezi abiri.
Cyabitangaje mu gihe cyo guherekeza Tour du Rwanda 2023, irushanwa rizenguruka ibice bitandukanye by’u Rwanda ku magare.
Bella Flowers ifite imirima y’indabo zitandukanye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.
Capturing Memories of #TdRwanda23 Finale at CanalOlympia Rebero: The anticipation was noticeable as President Kagame, CEO @RDBrwanda, Mayor @CityofKigali and our CMO joined the crowd, eager to see the race winner! 📸🙌#BellaFlowers #CreatingMemories pic.twitter.com/dbF43KsbES
— Bella Flowers (@BellaFlowersRw) February 26, 2023
Caught in focus 📸: CMO, Patrick Manzi MBAYIHA & @cakamanzi, CEO @RDBrwanda, discussing the huge success of #TdRwanda23 and its role in promoting Rwanda as a MICE destination. We're proud to have played a part in showcasing the beauty of #Rwanda. #BellaFlowers #CreatingMemories pic.twitter.com/RGsnlHe2Jb
— Bella Flowers (@BellaFlowersRw) February 26, 2023
#TdRwanda23 Stage 8 Podium & Results
Longest Breakaway sponsored by @BellaFlowersRw
Stewart Mark ( @BlackSpokeNZ)#CreatingMemories #BellaFlowers pic.twitter.com/gJlJSOBsdl
— 𝗧𝗼𝘂𝗿 𝗱𝘂 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 🇷🇼 (@tour_du_Rwanda) February 26, 2023
RCB CEO @nmukazayire awarding @Mark080590 for the Longest breakaway at the end of the final stage.#TdRwanda23#MeetInRemarkableRwanda pic.twitter.com/hKx2Zc5Q0M
— Rwanda Convention Bureau (@RCBrwanda) February 26, 2023
We can't end the race without showing appreciation to @PudenceR, @CityofKigali mayor. Your leadership has been instrumental in making the #TdRwanda23 a huge success. As a token of our gratitude, we present you with a beautiful bouquet of our finest roses!#BellaFlowers pic.twitter.com/8PtppSuV0b
— Bella Flowers (@BellaFlowersRw) February 26, 2023
Congratulations to our newest & final champion in #TdRwanda23!
Today, Mark Stewart re-claimed the Longest Breakaway jersey! On behalf of #BellaFlowers, Patrick Manzi MBAYIHA, our CMO, had the joy of presenting him with the #EchappéeDuJour jersey for his magnificent win! pic.twitter.com/2k4BTzMKRu
— Bella Flowers (@BellaFlowersRw) February 26, 2023
From the lush plateaus of Nyamata to the rolling hills of Kigali, #TdRwanda23 athletes have been impressing, and we're here for all of it! Sit back, relax, and let the beauty of the race take your breath away.#BellaFlowers #CreatingMemories pic.twitter.com/D9FKFyyc0U
— Bella Flowers (@BellaFlowersRw) February 26, 2023
Ikigo nyarwanda gihinga indabo z’amaroza, @BellaFlowersRw, cyatangaje ko kigiye gushyira ku isoko ubwoko bushya, buzagera ku bakunzi b’indabo mu gihe kitarenze amezi abiri.https://t.co/dxJQNUV7P7 pic.twitter.com/sNsq1yNue5
— IGIHE (@IGIHE) February 26, 2023
UKO ABAKINNYI BAHEMBWE NYUMA YA ETAPE YA 7:
- Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
- Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Oliver Pritzen (EF Education- Nippo)
- Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Calzoni Walter (Q36.5 Procycling Team)
- Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
- Umukinnyi wegukanye Agace ka Nyamata- Kigali: Manuele Tarozzi (Green Project-Bardiani)
- Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
- Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
- Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Aklilu Arefayne (Eritrea)
- Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Manuele Tarozzi (Green Project-Bardiani)
- Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Euskaltel-Euskadi
Prime yimakaje ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubwishingizi
Prime Insurance iri guherekeza iri siganwa ry’amagare rizenguruka igihugu ku nshuro ya gatandatu.
Iki kigo ni cyo gihemba umukinnyi muto witwaye neza kuri buri gace ka Tour du Rwanda.
Prime Insurance ifite ikoranabuhanga rifasha abakiliya gukoresha murandasi, bakabona amasomo y’ubwishingizi n’ubwoko bw’uko butangwa n’ibindi.
Abakoresha ubwishingizi bwa Prime Insurance bashobora kubureba bakanze *177# bagakurikiza amabwiriza.
Good morning Canal Olympia. The team is "final stage" ready with #noworries. Let's go!#TdRwanda23#Ntakibazo pic.twitter.com/ZvembMworU
— Prime Insurance Ltd (@primeins_ltd) February 26, 2023
Impressive feat by Walter Calzoni of Q36.5 Pro Cycling Team! Snatching the ultimate title of Best Young Cyclist of #TdRwanda23, last minute, after an outstanding performance on 2 consecutive stages including the final one. Congratulations on a well-deserved victory!#Ntakibazo pic.twitter.com/J15cSd1rnU
— Prime Insurance Ltd (@primeins_ltd) February 26, 2023
What an incredible journey it has been! We're proud to have completed the final stage of this epic #TdRwanda23 with class and #noworries.#TdRwanda23#Ntakibazo pic.twitter.com/ito3tqtgui
— Prime Insurance Ltd (@primeins_ltd) February 26, 2023
What a week! 🔥
Witness the grandeur of today's final stage as we rode along the cyclists during #TdRwanda23.#Ntakibazo#TdRwanda23 pic.twitter.com/cEkqGK2R2l
— Prime Insurance Ltd (@primeins_ltd) February 26, 2023
IKAZE MURI ETAPE 8 ya Tour du Rwanda 2023
Tubahaye ikaze nanone mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2023", ryakomeje kuri iki Cyumweru hakinwa umunsi waryo wa munani ari na wo wa nyuma, mu gace gahagurukira kuri Canal Olympia ku i Rebero akaba ari naho gasorezwa nyuma yo kuzenguruka i Kigali ku ntera y’ibilometero 75,3.
- Etape 8: Canal Olympia- Canal Olympia
- Intera: Kilometero 75,3
- Isaha yo guhaguruka: Saa 10:30
- Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 12:35 na 12:42.
Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.
Ni inshuro ya gatanu iri siganwa rigiye kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’ane aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ndetse na Natnael Tesfazion wa Androni mu 2022.
Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.
Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.
Rwanda Foam yitabiriye Tour du Rwanda inizihiza isabukuru y’imyaka 40
Uruganda rukora rukanacuruza matelas, Rwanda Foam, muri gahunda yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 rumaze, ruri kugenera abakiliya barwo Poromosiyo mu bihe bya Tour du Rwanda 2023.
Iri gushimira Abanyarwanda muri rusange, ku bw’imyaka 40 rumaze rubakorera matelas ndetse rwatangije urugamba rwo guca nyakatsi ku buriri kandi rubona rumaze kubigeraho muri iyo myaka 40.
VIDEO: Manuele Tarozzi yegukanye Etape ya Karindwi ya #TdRwanda23, Henok yisubiya umwambaro w’umuhondo mu gihe Muhoza Eric akomeje gucungira hafi
KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI YARANZE AGACE KA KARINDWI
Reba Manuele Tarozzi wa Green Project-Bardiani agera kuri Mont Kigali
Amafoto: Igirubuntu Darcy na Yuhi Irakiza Augustin
Video: Mugisha Dua




















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!