00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ethan Vernon yegukanye ’Etape II’ ya Tour du Rwanda 2023 (Amafoto & Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura, Israel Ishimwe
Kuya 20 February 2023 saa 07:58
Yasuwe :

Umwongereza Ethan Vernon wa Soudal Quick-step yegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda nyuma yo gukoresha amasaha atatu, iminota 21 n’amasegonda 30 ku ntera y’ibilometero 132,9 yahagurukiye muri Kigali Car Free Zone igasorezwa i Gisagara.

Nk’uko byagenze i Rwamagana ku munsi wa mbere, Vernon yongeye gucika abandi ubwo bari kumwe mu gikundi mbere yo kurenga gato ku cyicaro cya REG kiri i Gisagara.

Uyu mukinnyi umaze kwigaragaza nk’umuhanga wo kwitega mu gihe kiri imbere, yatanze abandi ku murongo wari imbere ya ’Gymnase’ ya Gisagara, akomeza kwambara umwenda w’umuhondo.

Yakurikiwe n’abandi barimo Henok Mulueberhan wa Green Project Bardiani ndetse na Meijers Jeroen wa Terengganu Cycling Polygon. Kugeza ku mukinnyi wa 46, bose banganya ibihe kuko basoreje mu gikundi.

Chris Froome yabaye uwa 47 asizwe amasegonda umunani.

Muhoza Eric ukinira Bike Aid yabaye Umunyarwanda wasoreje hafi aba uwa 28 naho Niyonkuru Samuel wa Team Rwanda aba uwa 30. Manizabayo Eric yabaye uwa 34.

Nyuma y’uduce tubiri tumaze gukinwa, Ethan Vernon ayoboye urutonde rusange amaze gukoresha amasaha atandatu, iminota irindwi n’amasegonda 22, anganya ibi bihe n’abandi bakinnyi 44 barimo Niyonkuru Samuel na Manizabayo Eric ba Team Rwanda mu gihe Chris Froome arushwa amasegonda umunani ku mwanya wa 46.

Tour du Rwanda 2023 izakomeza ku wa Kabiri, tariki ya 21 Gashyantare, hakinwa Agace ka Gatatu kazahagurukira i Huye kerekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 199,5.

UKO ISIGANWA RYOSE RYAGENZE:

Amafoto yaranze Etape ya Kabiri ya Kigali-Gisagara

  UKO ABAKINNYI BAHEMBWE

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Kigali Car Free Zone- Gisagara: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Team Rwanda)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express ni Marc Olivier Pritzen ukinira EF Education- Nippo
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Terengganu Cycling Polygon.

 Yabasigiye ku murongo: Reba uko Ethan Vernon yasesekaye i Gisagara ayoboye

  Iyo aba avugira mu rusengero yari kuba umuhanuzi w’igihangange

Umuhanuzi ni iki? Si umuntu uvuga ibintu bikaba? Niba ari ibyo, Kayishema Thierry Tity ni umuhanuzi mu mukino w’Amagare. Ntabwo warenza ingohe uyu Munyamakuru w’Imikino kuri RBA akaba umwe mu bafite ubumenyi mu bijyanye no gusesengura umukino w’amagare.

Mbere y’uko Tour du Rwanda itangira, yabwiye IGIHE abo aha amahirwe yo kwegukana etape ya mbere ya Tour du Rwanda 2023.

Yagize ati “Ntekereza ko ubu njye mbara étape ya Rwamagana na étape izarangirira i Gisagara, ntekereza ko namaze kubona nyira zo kubera ko hari umusore w’Umwongereza ukinira Ikipe ya Soudal Quick-Step, yitwa Ethan Vernon, mpa amahirwe yo kuyitwara.’’

Ibi yabitangaje habura iminsi itanu ngo isiganwa rizenguruka igihugu ku magare ritangire.

Ethan Vernon ni we yavuze abona uzegukana etapes ebyiri za mbere za Tour du Rwanda 2023. None inkuru ibaye impamo nyuma y’uko uyu Mwongereza asesekaye i Gisagara ayoboye bagenzi be.

AMAKURU MASHYA

12:32: Ethan Vernon nanone! Umwongereza w’imyaka 22 ni we wegukanye Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2023.

Arakomeza kwambara umwenda w’umuhondo kuko ni we wegukanye n’agace ka mbere.

12:31: ISIGANWA RISIGAJE IKILOMETERO KIMWE

Abakinnyi benshi bari kugendera hamwe mu gikundi.

12:30: HASIGAYE IBILOMETERO BIBIRI GUSA

12:29: Green Project Bardiani y’abarimo Henok ni yo iyoboye igikundi.

12:26: IBILOMETERO BITANU BYA NYUMA

12:23: Abayoboye igikundi bari kuzamuka Nyagasozi. Ni ko kazamuka ka nyuma kari mu isiganwa ryo kuri uyu wa Mbere.

12:19: HASIGAYE IBILOMETERO 10 GUSA

12:18: Bazamuka ku Nzu Ndangamurage i Huye. Abakinnyi batandatu bacitse bayobora isiganwa. Abo ni Mugisha (Rwanda), Fjellheim (EF Education), Main (Afurika y’Epfo), Lecerf (Soudal-QuickStep), De la Parte (TotalEnergies), Hagen (Q36.5). Igikundi cyasizwe amasegonda 15.

12:12: Abakinnyi benshi bashaka gutoroka mu gikundi ngo bagende. Soudal-QuickStep ni yo iri imbere.

12:10: Mu gihe abasiganwa bitegura kwinjira mu Mujyi wa Huye, Nsengimana agaruwe n’igikundi.

12:08: Nsengimana Jean Bosco ayoboye isiganwa wenyine. Igikundi cyasigaye ho amasegonda 10 gusa.

12:07: Abakinnyi batanu bagerageje gukurikira basohotse mu gikundi. Abo ni Vercher (TotalEnergies), Berasategi (Euskaltel), Juneau (Bike Aid), Lecerf (Soudal-QuickStep) na Gabburo (Green Project).

12:04: Nsengimana Jean Bosco acitse abandi kugira ngo ayobore isiganwa. Bageze ku kilometero cya 107.

11:59: Hakizimana Felicien wa May Stars yongeye gusatira Pritzen uyoboye isiganwa. Igikundi cyasizwe amasegonda 20 ku kilometero cya 105.

11:56 ISIGANWA RIGEZE MU BILOMETERO 30 BYA NYUMA

11:55: Soudal-QuickStep ya Ethan Vernon wambaye umwenda w’umuhondo ni yo iyoboye igikundi.

11:50: Filippo Conca wa Q36.5 na we avuye mu isiganwa.

INDI MPANUKA

11:46: Abakinnyi bari mu gikundi bongeye kugwa.

Toby Perry ukinira EF Education yagize ikibazo cyo gukomereka.

Abakinnyi bari mu gikundi bari inyuma ya Marc Pritzen ho umunota umwe.

Hari amahirwe menshi ko binjira muri Huye bamufashe.

11:36: Abakinnyi bamaze kugenda ibilometero 90. Binjiye muri Huye Marc Pritzen ayoboye aho yasize igikundi ho iminota ibiri.

Nyuma y’ibilometero 93, ikinyuranyo cyageze ku munota 1’20’’

AKAGOZI KATANGIYE GUCIKA

11:30: Pritzen arasa n’uwananiwe nyuma yo gukoresha imbaraga nyinshi.

Kuri ubu ikinyuranyo kiri hagati ye na peloton ni iminota 2’35’’.

Yinjiye mu Karere ka Huye ayoboye.

11:20: Tour du Rwanda 2023 igeze mu Karere ka Nyanza aho abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 80.

Marc Pritzen aracyayoboye ariko ikinyuranyo cyageze ku minota itatu.

Umukinnyi umwe avuye mu isiganwa

11:19: Josh Charlton ukinira Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yavuye mu Isiganwa nyuma yo gukomerekera mu mpanuka.

11:13: Abakinnyi bakoresheje isaha ya kabiri bagenda ibilometero 38,4 km/h.

Kuva bahaguruka nibura bari kugendera ku muvuduko wa 36,7 km/h.

Ya mpanuka yari yoroheje

11:10: Abakinnyi bari baguye hasi bahise bongera guhaguruka. Kuri ubu bari kugendera hamwe mu gikundi.

 Ethan Vernon watwaye Agace ka Mbere ka Kigali Golf- Rwamagana ni uwo kwitondera no kuri uyu wa Mbere kuko umuhanda wa Kigali- Gisagara na wo urasoreza ahasa n’ahatambika.

Impanuka mu gikundi

11:04: Abakinnyi bamaze kugenda ibilometero 72. Bageze mu Butansinda bwa Kigoma.

Ikinyuranyo cyagabanutse kigera ku minota 4’50’’.

11:00: Abakinnyi bari kugendera mu gikundi baguye hasi.

Nta makuru arambuye yatanzwe ku miterere y’iyi mpanuka, icyayiteye cyangwa niba hari abayikomerekeyemo cyane.

10:58: Ikinyuranyo cyatangiye kugabanuka hagati ya Pritzen uri imbere n’abari inyuma ye bari kugendera mu gikundi.

Nyuma y’ibilometero 66 bamaze kugenda bari hafi kugera mu Butansinda bwa Kigoma.

Pritzen kuri ubu yasize igikundi ho iminota itandatu.

Abakinnyi ba Soudal-QuickStep ikinamo Ethan Vernon wegukanye Etape I ya Kigali-Rwamagana ni yo iyoboye abandi.

Ubwo abakinnyi binjiraga mu Karere ka Ruhango

10:46: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 56. Ba bakinnyi bari muri peloton bafashe Bigirimana.

Kuri ubu bari kugendera hamwe ndetse batangiye kugerageza gucomoka ngo bakurikire uri imbere.

Pritzen aracyayoboye. Yashyizemo ikinyuranyo cy’iminota umunani.

  Pritzen ni muntu ki?

Marc Oliver Pritzen yavutse ku wa 11 Kanama 1999. Yaboneye izuba mu Mujyi wa Windhoek muri Namibia ariko afite ubwenegihugu bwa Afurika y’Epfo.

Uyu musore w’imyaka 23 akinira ikipe ya EF Education-NIPPO.

Nsengimana Jean Bosco yizigamye imbaraga?

Kuri uyu munsi wa kabiri wa Tour du Rwanda 2023, imisozi ine iri mu nzira ikoreshwa ntigoye cyane. Gusa hitezwe umunsi ukomeye wa gatatu uzerekeza i Musanze nyuma yo guhagurukira i Huye.

Nsengimana Bosco wambaye umwenda w’umukinnyi uterera imisozi kurusha abandi, uyu munsi ntari mu babiharaniye cyane ahubwo asa n’uwasimbuwe na Mugisha Moise.

  AMANOTA YA SPRINT YA MBERE

Aya manota yatangiwe kuri Station ya SP mu Mujyi wa Muhanga.

1. Pritzen
2. Bigirimana
3. Fouche

  PRITZEN YISIZE INSENDA

10:28: Nyuma y’ibilometero 47 abasiganwa bamaze kugenda. Marc Pritzen akomeje kwigaragaza cyane muri aka gace. Yasize Bigirimana umuri inyuma ho 5’30’’ mu gihe peloton yayishyizemo ikinyuranyo cy’iminota umunani.

  AMANOTA Y’AGASOZI KA GATATU

10:25: Amanota y’agasozi ka gatatu yatanzwe abasiganwa bageze muri Nyamabuye.

1. Pritzen
2. Bigirimana
3. Reinderink

10:19: Pritzen akomeje kongera ibihe. Pritzen amaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 7’30’’ na peloton.

10:18: Mu isaha ya mbere y’irushanwa, abasiganwa bari kugendera ku muvuduko w’ibilometero 35 ku isaha.

10:18: Mu isaha ya mbere y’irushanwa, abasiganwa bari kugendera ku muvuduko w’ibilometero 35 ku isaha.

10:14: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 35. Pritzen akomeje kongera ikinyuranyo hagati ye n’abamukurikiye. Mu bilometero 35, Pritzen yasize Bigirimana umuri inyuma 3’55’’ mu gihe ‘peloton’ yasizwe 5’30’’.

Ubwo abakinnyi bazamukaga ku Ruyenzi

Itsinda rigari ry’abanyamakuru ba IGIHE riri gukurikirana iri siganwa umunota ku wundi

AMAFOTO: Byari ibicika ubwo abakinnyi b’amagare bahingukaga i Nyabugogo

Ikigo gikora ingendo zihuza uturere twose tw'Intara y'Amajyepfo n'Umujyi wa Kigali, Horizon Express, cyakiriye abasiganwa ku gicumbi cyacyo. Iki kigo kimaze imyaka 17 mu kazi ko gutwara abantu ni ku nshuro ya kane yaherekeje Tour du Rwanda

Polisi y’Igihugu yaherekeje Tour du Rwanda 2023

Muri Tour du Rwanda 2023, Polisi y’Igihugu iri maso ndetse buri gihe iba yiteguye guherekeza amagare mu bice bitandukanye by’igihugu no gukurikirana ko umutekano wo mu muhanda wubahirizwa neza.

Muri iri rushanwa, Polisi y’Igihugu ni yo iba icunze ko umutekano wo mu muhanda ari nta makemwa.

Mu butumwa yinjiranye muri iri rushanwa yakomeje kwibutsa Abaturarwanda Gerayo Amahoro.

Gerayo Amahoro ni ubukangurambaga bugamije gukangurira abakoresha umuhanda kwitwararika ku buryo ugenda n’amaguru n’ukoresha ikinyabiziga badashyira ubuzima bwabo mu kaga gaterwa n’impanuka zo mu muhanda.

Polisi ihora isaba abareba amagare bari ku mihanda bakurikirana isiganwa gukurikiza amabwiriza bahabwa n’abapolisi, bakirinda icyo ari cyo cyose cyateza impanuka nko kwegera cyane inkengero z’imihanda cyangwa kujyana abana no kubasiga bonyine hafi yayo.

09:53: Mugisha Moïse wa Team Rwanda ari kugabanya ibihe hagati ye n’uri imbere, wamusize umunota umwe. Pritzen ukinira EF Education yasize ‘peloton’ ho iminota itatu n’amasegonda atanu.

09:47: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 21. Mugisha yasize Bigirimana akurikira Pritzen wenyine.

AMANOTA Y’AGASOZI KA KABIRI

Amanota y’agasozi ka kabiri yatangiwe ku Kamonyi abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 18.

1. Pritzen
2. Mugisha
3. Bigirimana

09:44: Ikinyuranyo ntikirahinduka cyane. Pritzen yasize babiri bamukurikiye ho umunota umwe n’amasegonda atanu mu gihe "peloton’ [cya gikundi cy’abakinnyi bagendera hamwe] kiri inyuma ho 2’30’’.

09:31: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 13. Kurits yavuye muri bagenzi be batatu bakurikiye uwa mbere ashaka kumufata.

Pritzen yasize abamukurikiye barimo Mugisha wa Team Rwanda na Bigirimana ho umunota umwe. Igikundi cy’abari kugendera hamwe kiri inyuma ho iminota itatu.

09:24: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero umunani. Pritzen wa EF Education ni we uri imbere.

Yasize abakinnyi batatu bamukurikiye ho amasegonda 35. Mugisha (Rwanda), Kurits (Tartu2024) na Bigirimana (May Stars).

Igikundi kiri inyuma y’uwa mbere ho 1’5’’.

  AMANOTA Y’AGASOZI KA MBERE

Amanota y’agasozi ka mbere yatangiwe ku Ruyenzi, abasiganwa bakimara kwambuka Nyabarongo.

1. Pritzen
2. Bigirimana

09:17: Abakinnyi bongeye kugendera hamwe mu gihe bitegura kuzamuka ku Ruyenzi.

09:13: Mu kilometero cya mbere Umwongereza Ethan Vernon uyoboye abandi ku rutonde rusange yagerageje gucomoka mu bandi ariko bamucungira hafi.

Abakinnyi benshi bari kugerageza gucomoka bashaka kuzamuka ku Ruyenzi ari aba mbere.

 Amwe mu mafoto ya mbere yo guhaguruka

09:11: ISIGANWA RIRATANGIYE!

Abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe bageze ku Gitikinyoni.

09:09: Abakinnyi bageze i Nyabugogo bakiri kugendera hamwe mu gikundi. Ntabwo baratangira gukoresha imbaraga nyinshi kuko batangiriye ahamanuka bava mu Mujyi wa Kigali berekeza Nyabugogo.

09:05 I Nyabugogo abantu ni benshi.

Gusa nta gishya ahubwo harihariye. Ku munsi w’isiganwa ry’amagare, i Nyabugogo haba hari abantu benshi cyane ku muhanda.

Ni ko bimeze no kuri uyu wa Mbere aho abantu baje kwihera ijisho isiganwa ryerekeje i Gisagara.

09:00: ISIGANWA RIRATANGIYE: Abakinnyi bahagurutse muri Kigali Car Free Zone.

Bagiye kumanuka hamwe banyuze kuri UTC na Yamaha, bakomeze Nyabugogo. Ibihe biratangira kubarwa bageze ku kilometero cya 6,2 ku Gitikinyoni.

 Abakinnyi berekeje i Gisagara bambaye imyambaro yihariye:

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda)
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Kigali Golf-Rwamagana: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umunyarwanda mwiza: Mugisha Moïse (Team Rwanda)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi: Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda)
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: James Fouche (Bolton Equities)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Tartu 2024

08:40: Harabura iminota 20 ngo isiganwa ritangire

Abakinnyi bose bamaze gusinya. Ubu bari kwishyushya mu gihe hasigaye iminota 20 ngo hatangizwe Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2023 gasorezwa i Gisagara.

  Imbuga City Walk igiye kuganura kuri Tour du Rwanda

Ni ku nshuro ya mbere kuva iri rushanwa riri ku rwego rwa 2.1 rigiye guhagurukira mu Gace kahariwe abanyamaguru mu Mujyi wa Kigali kazwi nka Imbuga City Walk.

Muri Werurwe 2021 ni bwo Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gutangira imirimo yo kubaka no kuvugurura agace katagendwamo n’imodoka kazwi nka ‘Car Free Zone’ kakagirwa ‘Imbuga City Walk’.

‘Imbuga City Walk’ igizwe n’inzira z’abanyamaguru n’abatwara amagare, ubusitani, kiosks (zizacururizwamo ibirimo amafunguro n’ibinyobwa), ahagenewe kumurika ibikorwa, intebe rusange z’abashaka kuhaganirira, aho wabona WiFi (internet), ubwiherero rusange n’ibindi bitandukanye.

Aha hantu hamaze kuba ikirango ku banyamujyi kuko usanga inshuro nyinshi bahahurira bari kuganira cyangwa kuruhuka nyuma y’akazi k’ingutu baba biriwemo cyangwa ubundi bushabitsi bubafasha gushaka imibereho muri Kigali.

Imbuga City Walk ni agace abantu bajyamo bashaka kuruhuka
Ni ahantu hatarangwa imodoka hanabera imurikagurisha
Imbuga City Walk igiye kwagurwa igezwe CHUK
Miliyoni 600Frw zigiye kwifashishwa mu kwagura Imbuga City Walk

Imyiteguro igeze kure ahatangirira isiganwa

Guhera mu gitondo cya kare, abategura ahatangirira isiganwa muri Kigali Free Zone bari batangiye imirimo.

Isiganwa riratangira saa Tatu ariko mbere y’isaha imwe ni bwo habanza imodoka z’abamamaza muri Tour du Rwanda 2023.

Byitezwe ko abakinnyi batangira kuhagera mbere y’uko saa Mbiri zigera.

IMITERERE Y’AGACE KA KABIRI KA TOUR DU RWANDA 2023

Bitandukanye n’Agace ka Mbere kerekeje i Rwamagana karimo udusozi tubiri gusa, kuri uyu wa Kabiri mu nzira igana i Gisagara harimo imisozi ine nubwo itagoye cyane.

Iyo irimo uwa Ruyenzi ku kilometero cya 5,8, uwa Kamonyi ku kilometero cya 18,6, uwa Nyamabuye ku kilometero cya 38,4 n’uwa Nyagasozi mbere yo kugera i Gisagara ku kilometero cya 126,1.

Aha abarimo Nsengimana Jean Bosco wambaye umwenda w’umukinnyi mwiza mu guterera imisozi, baraba bahataniye amanota yo guhiga abandi.

Amanota ya ’sprint’ aratangwa inshuro ebyiri: Kuri Sitasiyo SP i Muhanga ku kilometero cya 41 no kuri Sitasiyo SP i Huye ku kilometero cya 120,1.

BWA MBERE MU MATEKA TOUR DU RWANDA YEREKEJE I GISAGARA

Ni ku nshuro ya mbere i Gisagara hageze isiganwa mpuzamahanga ry’Amagare rizenguruka igihugu "Tour du Rwanda".

Mu myaka mike ishize, aka Karere ntikagiraga umuhanda wa kaburimbo ariko ubu kamaze kugira ibikorwaremezo bitandukanye birimo n’iyo mihanda.

Abanya-Gisagara bakundaga kuvumba Tour du Rwanda yaje i Huye, ariko kuri iyi nshuro, aba baturanyi barasangira Agace ka Kabiri n’aka Gatatu kazakinwa ku wa Kabiri.

INZIRA Y’AGACE KA KABIRI KA TOUR DU RWANDA 2023

Kuri aka Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2023, abakinnyi barahagurukira muri Kigali Free Zone berekeze UTC- Muhima- Yamaha- Nyabugogo- RN1- Ruyenzi-Kamonyi- Muhanga- Nyanza- Huye- SP Station- Casa Hotel- Ndora- Gisagara Arena.

IKAZE MURI ETAPE 2 ya Tour du Rwanda 2023

Tubahaye ikaze nanone mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2023", ryakomeje kuri uyu wa Mbere hakinwa umunsi waryo wa kabiri, mu gace gahagurukira muri Kigali Car Free Zone kerekeza i Gisagara ku ntera y’ibilometero 132,9.

  • Etape 2: Kigali (Car Free Zone)- Gisagara
  • Intera: Kilometero 132,9
  • Isaha yo guhaguruka: Saa 09:00
  • Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 12:29 na 12:44.

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya gatanu iri siganwa rigiye kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’ane aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ndetse na Natnael Tesfazion wa Androni mu 2022.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.

Indi nkuru wasoma: Ethan Vernon yegukanye Etape I ya Tour du Rwanda 2023 (Amafoto & Video)

Reba amashusho y’uko byari byifashe mu gace ka mbere

Mu mafoto: Reba uko agace ka mbere kagenze mu mihanda ya Kigali Rwamagana

Amafoto: Igirubuntu Darcy & Irakiza Yuhi Augustin

Video: Mugisha Dua


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages