00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RAC na NISR mu bigo byegukanye ibikombe bya ‘ARPST Labour Day Tournament 2026’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 May 2026 saa 10:19
Yasuwe :

Rwanda Airports Company (RAC) icunga ibibuga by’indege n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) biri mu bigo byitwaye neza, byegukana ibikombe mu Irushanwa ry’Umurimo ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda [ARPST Labour Day Tournament 2026].

Isozwa ry’iyi mikino ryabaye ku wa 1 Gicurasi 2026 kuri Kigali Pelé Stadium, rihujwe no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo, ryitabiriwe na Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Amb. Nkulikiyinka Christine.

Perezida wa ARPST, Niyonshuti Johnson, yavuze ko bavuguruye amategeko “mu kurushaho gutuma abakozi barushaho kwibona mu mikino kurusha uko amarushanwa aba ayo guhatana cyane aho kuba aho gukoreramo siporo.”

Yongeyeho ko “ibyo byatumye kuri ubu abayobozi b’ibigo cyangwa abandi bayobozi bakomeye bitabira imikino.”

Muri Category A igizwe n’abarengeje imyaka 35, mu mupira w’amaguru w’abagabo, igikombe cyegukanywe na RAC yatsinze CHUB ibitego 4-1 mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na WASAC itsinze RBC ibitego 3-0.

RAC yegukanye kandi igikombe cya Volleyball itsinze MINICT amaseti 3-0 naho RRA yegukana umwanya wa gatatu itsinze CHUB amaseti 3-1.

RRA yegukanye Igikombe cya Basketball itsinze RAC amanota 78-72 naho RTDA yegukana umwanya wa gatatu itsinze WASAC amanota 73-64.

Muri Category B igizwe n’abakozi bari munsi y’imyaka 35, DGIE [Immigration] yegukanye igikombe itsinze RBC ibitego 3-0 naho REG yegukana umwanya wa gatatu itsinze NISR igitego 1-0.

NISR ni yo yegukanye igikombe muri Volleyball itsinze RwandAir amaseti 3-2 naho DGIE itwara umwanya wa gatatu itsinze WASAC amaseti 3-1.

Igikombe cya Basketball mu bagabo cyegukanywe na NISR yatsinze DGIE amanota 95-86 naho MOD itsinda RwandAir amanota 73-70 ku mwanya wa gatatu.

Mu cyiciro cy’abagore, muri Category A, CHUB yegukanye igikombe cya Basketball itsinze RBC amaseti 72-47 naho muri Category B, RBC itsinda CHUB amanota 78-10.

Ubwo hasozwaga iri rushanwa kandi, hashimiwe abayobozi b’ibigo bya RBC, DGIE, NISR, RwandAir na RAC bashyigikiye imikino.

Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda [ARPST] risanzwe ritegura andi marushanwa atandukanye arimo iryo Kwibuka na Shampiyona ihuza ibigo mu byiciro binyuranye, igakinwa hagati ya Nyakanga na Kamena y’umwaka ukurikiraho.

Isozwa ry'Irushanwa ryo kwizihiza Umunsi w'Umurimo rya 2026 ryabereye kuri Kigali Pele Stadium
Mbere y'umukino wahuje CHUB na RAC mu mupira w'amaguru, hafashwe umunota wo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994
RAC yitwaye neza muri uyu mukino wa nyuma itsinda ibitego 4-1
Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Amb. Nkulikiyinka Christine (hagati), yitabiriye isozwa ry'iri rushanwa kuri Kigali Pele Stadium
Perezida wa ARPST, Niyonshuti Johnson, yavuze ko nyuma yo kuvugurura amategeko, ubu n'abayobozi bakuru mu bigo basigaye bagaragara muri iyi mikino
Ubwo hashimirwaga abayobozi b'ibigo bashyigikiye imikino
Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Amb. Nkulikiyinka Christine, yashyikirije ibikombe amwe mu makipe yitwaye neza
Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Amb. Nkulikiyinka Christine, yashyikirije ibikombe amwe mu makipe yitwaye neza
Charles Habonimana uyobora Rwanda Airports Company yegukanye ibikombe bibiri, mu mupira w'amaguru no muri Volleyball akinamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages