Uyu mugabo wihinduje igitsina yaje kurakara cyane ubwo yajyaga kwa muganga bakamuhamagara nk’umugabo, ndetse biviramo umuganga wamwakiriye kwirukanwa.
Jennifer Melle w’imyaka 41 yirukanwe ku mirimo y’ubuforomo mu Bitaro bya St Helier, byo mu gace ka Surrey biherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’u Bwongereza, muri Gicurasi 2024.
Yaziraga kwakira umuntu wari ufite ubwanwa bwinshi bigaragara ko ari umugabo maze, akamwita umugabo koko kandi undi atabikozwa.
Icyo gihe Melle yashinjwe ihohoterwa ndetse no kugirira nabi umurwayi, ahagarikwa by’agateganyo.
Melle witegura gusubira mu mirimo yagize ati “Nishimiye kugaruka mu mirimo yanjye. Nakwizeza ko ibi bitazasubira. Nirukanywe hafi umwaka wose kubera kuvugisha ukuri. Nafashwe nk’umugizi wa nabi.”
Mu Bwongereza kwihinduza imiterere n’igitsina biremewe, ndetse ababikozwe baba barinzwe cyane ku buryo urangwa n’imigirire ifatwa nko kubibasira no kubavangura, ahura n’ibibazo bikomeye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!