00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bard yahinduriwe izina

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 10 February 2024 saa 02:52
Yasuwe :

Muri Werurwe 2023, Google yatangaje ikoranabuhanga ry’ubwenge buremano rya Bard, rifasha mu gutanga amakuru atandukanye ku ngingo zinyuranye.

Ryitwa ikoranabuhanga ry’ubwenge buremano kuko ari porogaramu ya mudasobwa ikorwa hifashishiwe amakuru menshi yo mu nyandiko yagiye akusanywa hirya no hino kuri internet n’ahandi, hanyuma igatozwa kuba yasubiza cyangwa igakora inyandiko ku rwego rujya kuba nk’urw’umuntu, ishingiye kuri ayo makuru.

Google yatangaje ko Bard, yahinduriwe izina ikitwa Gemini, mu gukomeza kwagura imikorere yayo no kurushaho guhatana n’izindi porogaramu zikora muri ubu buryo zirimo iya ChatGPT n’izindi nyinshi.

Gemini izajya iboneka mu byiciro bitatu bya Gemini Nano ahanini izakora muri telefoni ngendanwa, Gemini Pro na Gemini Ultra zo muri mudasobwa.

Uretse kuba Bard, yahinduriwe izina, nta zindi mpinduka zidasanzwe zakozwe mu mikorere yayo, uretse ishyirwaho ry’igiciro cya 20$ ku kwezi ku bazajya bakenera gukoresha Gemini Ultra, bagahabwa n’ububiko bwa Google Drive bwa 2TB.

Google yahise itangaza ko hari gutunganywa porogaramu ya Gemini ya telefoni, izashyirwa hanze mu Cyumweru gitaha, ariko ikazaboneka ku bakoresha telefoni za Android mu gihe abakoresha iPhone bashobora kuzayikoresha banyuze muri porogaramu ya Google isanzwe.

Ikindi ni uko hazashyirwaho uburyo iyi porogramu izajya ikoreshwa muri telefoni cyangwa ikindi gikoresho cy’ikoranabuhanga, mu kumva no gusesengura ijwi ry’umuntu uba ayisaba gukora ikintu runaka nk’uko ‘Google Assistant’ ikora maze nayo ikabikora.

Bard yahinduriwe izina, Google iteguza ko mu Cyumweru gitaha hazakorwa porogaramu yayo ya telefoni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .