Bamwe mu rubyiruko rugamije guteza imbere ubumenyingiro bamaze gushinga ishuri ryigisha umuntu ibyo ashobora gukoresha mu ikorana buhanga mu buzima bwe bwa buri (IBTC).
Iri shuri rizibanda ku kwigisha abantu ibicyenewe cyane ku isoko ry’umurimo.
Mu kiganiro umuyobozi w’iri shuri Uwizeyimana Julie Claude yagiranye n’abanyamakuru, yavuze ko barishyizeho kugira ngo urubyiruko ruzajye rujya ku isoko ry’umurimo rufite icyo ruzi ku ikoranabuhanga.
Amwe mu masomo azajya atangirwa muri iri shuri nk’uko Uwizeyimana yabitangaje ni ugutunganya amafoto hifashishijwe Photoshop, Adobe fireworks ndetse na dream light ibi byose bikazajya byigwa mu gihe gitoya kitarenze amezi atatu. Aya masomo akaba yafasha uyize kuba Rwiyemezamirimo.
“IBTC” izajya itanga amasomo no ku bantu bashaka kwihugura mu masomo ajyanye no gukora muri za imprimerie.
U Rwanda rwashyize imbere ikoranabuhanga kugira ngo iterambere ryihute mu nzego zose z’umurimo.



















TANGA IGITEKEREZO