00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agaciro k’ikigo ‘Nvidia’ kageze kuri miliyari 4.000$

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 9 July 2025 saa 05:51
Yasuwe :

Agaciro k’ikigo Nvidia cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika gikora ‘chips’ zikoreshwa mu bikoresho by’ikoranabuhanga, kageze kuri miliyari 4.000$.

Nvidia yakuyeho agahigo kari karashyizweho n’uruganda Apple rukora mudasobwa za Mac na telefone za iPhone, rwageze ku gaciro ka miliyari 3.920 z’Amadolari mu Ukuboza 2024.

Chips ni udukoresho duto dukora nk’ubwonko bwa mudasobwa, telefone n’ibindi bikoresho by’ikorabuhanga.

Zifasha ibikoresho by’ikoranabuhanga gusesengura no gutunganya amakuru no gufata ibyemezo. Ni yo ituma mudasobwa cyangwa telefone bimenya icyo gukora, iyo ukanze cyangwa ukoze ahantu runaka.

Nk’uko amakuru ya Dow Jones Market Data y’ubusesenguzi bw’isoko ry’imari n’imigabane rya Amerika abigaragaza, imigabane ya Nvidia yazamutse ku gipimo kirenga 2% kuri uyu wa 9 Nyakanga, aho buri wose ufite agaciro k’Amadolari 164,36.

Muri Kamena 2024, agaciro ka Nvidia kari kuri miliyari 3.000 z’Amadolari, mu gihe mu mezi ane yabanje ari bwo kari kuri miliyari 2.000 z’Amadolari.

Inyungu y’iki kigo yatumbagiye cyane muri uyu mwaka, ubwo Perezida Donald Trump wa Amerika yazamuraga umusoro mwinshi ku bicuruzwa biva mu Bushinwa.

Izi ni chips za Blackwell GPU zikorwa na Nvidia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages