Uwitwa James Gasore yahembwe na sosiyete y’itumanaho ya TIGO Rwanda telefoni ya Blackberry Bold 9900 kubera ko yagaragaje ko akunze (like) paji ya Tigo kuri facebook ari uw’inshuro y’ibihumbi bine (4000th fan).
Uyu musore abaye uwa kabiri uhembwe telefoni kubera kugaragaza ko akunze iyi paji ya TIGO kuri facebook, akaba akurikiye uwitwa Stephane Ngonga wahawe Telefoni ya Android kubera ko yari abaye umukunzi w’uru rubuga w’ibihumbi bibiri (2000th fan).
Ibi TIGO ibikora mu rwego rwo gushishikariza abakiriya babo kurushaho gukurikirana gahunda zayo binyuze kuri iyi paji yo kuri facebook.
Uretse Telefoni, ukanze kuri iyi paji ya TIGO kuri Facebook HANOushobora gutsindira ibindi bihembo nka Modem, ikarita yo guhamagara n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO