00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Google yakoze amavugurura akemura ibibazo byagaragaye kuri telefoni za Pixel

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 6 August 2025 saa 06:19
Yasuwe :

Nyuma y’uko Google ishyize hanze ‘Operating System’ ya Android 16 muri Kamena 2025, abafite telefoni za Pixel batangaje ko hajemo ibibazo byinshi mu kuzikoresha.

Ibibazo byagaraye muri ‘button’ zifashishwa gusubira inyuma, kujya ku zindi porogaramu wakoresheje, cyangwa iyifashishwa mu guhagarika ibyo uri gukorera kuri telefoni byose, zizwi nka ‘navigation buttons’ mu Cyongereza.

Ikindi kibazo kiri mu buryo bumenyerewe kuri telefoni zigezweho bwa ‘gesture navigation.’

Bamwe mu bakoresha izi telefoni bagaragaje ko hari igihe gukoresha bumwe muri ubu buryo byanga cyangwa, telefoni igatwara igihe kirekire gukora icyo uyitegetse igikore, nk’amasegonda 30.

Google yavuze ko iki kibazo kitabaye ku bantu bose kandi nabwo cyabaga rimwe na rimwe bitewe n’icyabaga kiri gukoreshwa telefoni.

Kuri ubu Google yatangaje ko yamaze gukemura ibibazo byose byagaragajwe, inongeraho ko mu mavugurura yakozwe habayeho no kunoza uburyo telefoni ikora neza muri rusange.

Hanongerewemo kandi ubwirinzi buhashya ba rushimusi mu by’ikoranabuhanga binjirira telefoni runaka batarinze kuba bayegereye, bakoherezamo porogaramu mbi ziyibaheshaho ububasha, bizwi nka ‘remote code execution vulnerability- RCE vulnerability’ mu Cyongereza.

Google yatangaje ko aya mavugurura azagaragara guhera kuri telefoni za Pixel 6 kuzamura.

Google yatangaje ko aya mavugurura azagaragara guhera kuri telefoni za Pixel 6 kuzamura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages