00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

WhatsApp igiye kujya inyuzaho amatangazo yamamaza

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 June 2025 saa 08:48
Yasuwe :

Urubuga rwa WhatsApp rugiye gutangira kujya rucishaho amatangazo yamamaza yishyuwe ‘ads’ y’ibigo by’ubucuruzi bitandukanye, akazajya anyuzwa ahasanzwe hatambuka ‘Status’.

Icyo gice cya “Status” giherereye mu gace kazwi nka “Updates” muri WhatsApp, aho umuntu ashobora gusangiza abandi ubutumwa bw’amajwi, amafoto, amashusho cyangwa inyandiko bimaraho amasaha 24.

Kuri ubu rero, uretse kubona amakuru asanzwe asangizwa n’inshuti cyangwa abo mu muryango ufitiye nimero, ushobora no gutangira kujya ubona amatangazo yishyuwe agaragara muri icyo gice.

Kuva kera, Meta yari yaratekereje kuzana uburyo bwo kwamamaza kuri WhatsApp, gusa icyo gitekerezo abashinze urwo rubuga ntibigeze bagishyigikira na gato. Mu 2020, Meta yari yarahagaritse icyo gitekerezo, ariko mu 2023, Umuyobozi wa WhatsApp, Will Cathcart, yemeje ko bagikomeje gutekereza ku ishyirwa mu bikorwa ryacyo.

Mu mwaka ushize wa 2023, Meta yabonye amafaranga arenga miliyari 160 z’amadolari ya Amerika aturutse mu kwamamaza.

Meta yatangaje ko mu gutoranya ubutumwa bwamamaza umuntu azajya asangizwa, hazajya hashingirwa ku makuru make izaba imufiteho, harimo igihugu arimo, ururimi akoresha n’imiyoboro akunda gukurikirana.

Nubwo bimeze bityo, uru rubuga rwahumurije abarukoresha ko rutazigera rusangiza amakuru yabo bwite, nka nimero za telefone, ibigo byamamaza.

Nubwo Meta ivuga ko ibyo byose bitazabangamira ubwisanzure bw’abakoresha WhatsApp, hari impungenge z’uko isura y’uru rubuga rwari rusanzwe rudakorerwaho ubucuruzi ishobora guhinduka, by’umwihariko ku bantu bashyira imbere umutekano w’amakuru yabo bwite n’ibiganiro byihariye.

Gusa Meta ishimangira ko intego yayo atari ukwinjirira abantu, ahubwo ari ukongera uburyo abacuruzi bageza ibicuruzwa cyangwa serivisi ku bantu bifuza kumenya ibijyanye na byo.

WhatsApp igiye kujya inyuzaho amatangazo yamamaza ahasanzwe hashyirwa 'status'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .