Bivugwa ko intego nyamukuru y’u Burusiya ari ukuyobora abaturage babwo ku rubuga rwaho rwa MAX rukora nka WhatsApp.
Iki gihugu kivuga ko MAX ari rwo rubuga rwizewe, gusa benshi barimo ikigo Meta bagahamya ko ari igikoresho cy’iyi leta cyo kugenzura no kugera ku makuru bwite y’abaturage mu Burusiya.
U Burusiya bwahakanye ibyo bwivuye inyuma.
Mu minsi ishize WhatsApp yakuwe ku rutonde rw’imbuga nkoranyambaga zishishikarizwa abaturage cyangwa zemerewe n’amategeko gukorera muri iki gihugu.
Iki gihugu gitangaza ko WhatsApp izakomorerwa gukomeza gukorera muri iki gihugu mu gihe yubahirije ibisabwa, birimo kugenera iki gihugu uburyo bwo kugera ku makuru y’abayikoresha, ibyo Meta yagiye yamaganira kure igamije kubungabunga umutekano w’amakuru y’abakoresha imbuga zayo.
Ibi bije hashize iminsi mike muri iki gihugu hahagaritswe uburyo bwa Apple bwo guhamagarana imbona nkubone (FaceTime) no gukaza amabwiriza ku mikoreshereze y’urubuga rwa Telegram.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!