00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Porogaramu y’Abashinwa ‘WeChat’ imaze kurusha “Twitter abakunzi basaga miliyoni 300

Yanditswe na

Eric Birori

Kuya 22 January 2016 saa 07:18
Yasuwe :

Mu myaka itanu urubuga nkoranyambaga ‘WeChat’ rubayeho, rumaze kwanikira Twitter mu kugira abakunzi benshi, nyuma yo kubaka amateka yo kwigarurira abantu bangana na ½ cy’abatuye u Bushinwa, kuva rwatangira gukoreshwa muri Mutarama 2011.

Muri iyo myaka itanu gusa WeChat imaze gutungura benshi aho abayikoresha bageze kuri miliyoni 650 mu batuye u Bushinwa, harimo miliyoni 70 bari hanze yabwo, kurusha Twitter ifite miliyoni 320 imaze imyaka 10.

Benshi mu bashinwa bakoresha WeChat mu guhanahana amakuru mu muryango, inshuti n’abavandimwe hifashishijwe uburyo bwitwa hold-to-talk (Ubutumwa butangwa mu ijwi), broadcast (Umwe abwira benshi), Video calling yifashishwa abantu bavugana imbona nkubone, kwandikirana, kohererezanya amafoto, video nto n’ibindi.

Abakoresha uru rubuga babwiye igitangazamakuru xinhua ko barukundira kuba rugira gahunda zitandukanye ku buntu, bikabafasha guhanahana amakuru, kwamamaza ndetse no kuba bakoreraho ubushabitsi bukorerwa kuri murandasi.

WeChat ikora kuri iPhone, Android, BlackBerry, telefoni za Windows n’izindi, ikaba yarazanye impinduka zikomeye mu buzima bwa buri munsi ndetse n’uburyo bakora ubushabitsi.

Gusa hari n’abayinenga kuba nk’ikiyobyabwenge ‘WeChat addiction’ kuko ifata igihe kinini abantu baganira.

WeChat ikora kuri telefoni zitandukanye harimo na BlackBerry
Abakoresha WeChat bayikundira ko igira serivisi nyinshi z'ubuntu
Mu myaka itanu urubuga nkoranyambaga ‘WeChat’ rubayeho, rumaze kugira abakunzi miliyoni 650

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages