Ni imibare yakusanyijwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro [RURA].
Iyi internet ya Starlink ni umushinga w’ikigo SpaceX kizobereye mu by’ikoranabuhanga cy’umuherwe w’Umunyamerika, Elon Musk.
Imibare yo muri Nyakanga 2024 igaragaza ko internet ya Starlink itangwa na SpaceX, yari iri kuboneka mu bihugu 10 bya Afurika.
Bwa mbere iyi internet yageze muri Nigeria mu 2023, hakurikiraho u Rwanda, Mozambique, Kenya, Malawi, Zambia, Benin, Eswatini, Sierra Leone, Mauritius, Madagascar n’ahandi.
Yatangiye kugurishwa mu Rwanda muri Gashyantare 2023.
Mu kwezi kwakurikiyeho, Urwunge rw’Amashuri rwa Gaseke mu Karere ka Gicumbi, rwabaye ishuri rya mbere ryo mu Rwanda ryakiriye iyi internet ya Starlink.
Si mu mashuri gusa kuko muri Nyakanga 2024, Ibigo nderabuzima 40 byo hirya no hino mu Gihugu, byari byamaze kuyigezwamo. Ni igikorwa cyagezweho na Guverinoma y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, ku n’abandi bafatanyabikorwa.
Kuri ubu ibiciro by’ibikoresho ku bashaka internet mu Rwanda ni ibihumbi 260 Frw. Muri rusange abantu bagura internet yo mu rugo bishyura ifatabuguzi rya buri kwezi mu byiciro biri, birimo icy’ibihumbi 40 Frw cyangwa ibihumbi 60 Frw bitewe na internet umuntu yifuza.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!