Iri perereza rije nyuma ya raporo zerekanye ko Grok yakoze amashusho asa n’ay’abantu nyabo basa nk’aho benda kwambara ubusa, biturutse ku busabe bw’abayikoreshaga mu kwezi gushize.
Nubwo X yatangaje ko yashyizeho amabwiriza mashya akumira ibyo bikorwa, igerageza riheruka gukorwa ryagaragaje ko Grok igitanga amafoto y’urukozasoni mu gihe iyasabwe.
Nk’urwego rufite inshingano z’ibanze zo kugenzura X mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, rufite ububasha bwo gutanga ibihano bikakaye mu gihe iki kigo cyahamwa n’ibyo gishinjwa.
Hagendewe ku mategeko agenga umutekano w’amakuru bwite y’abantu mu Burayi, ikigo cya X gishobora gucibwa amande agera kuri 4% by’amafaranga yose cyinjiza.
Ku rundi ruhande, Elon Musk na bamwe mu bagize guverinoma ya Amerika, bikomye aya mategeko yo mu Burayi bavuga ko abogamye, ko yo n’amande ajyana na yo ari ubundi buryo bwo gusoresha ikoranabuhanga rituruka muri Amerika.
Iri perereza rya Irlande rije ryiyongera ku rindi ryatangijwe na Komisiyo y’u Burayi ku wa 20 Mutarama 2026, n’iry’urwego rwo mu Bwongereza rushinzwe kugenzura ibyerekeye amakuru bwite y’abantu ryatangijwe ku wa 3 Gashyantare 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!