00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingaruka zo gukoresha nabi imbuga nkoranyambaga ku rubyiruko

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 20 June 2024 saa 08:48
Yasuwe :

Urubyiruko rukomeje gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu buzima bwabo bwa buri munsi, bimwe mu byo ruzikoresha ni ibyiza ariko harimo n’ibibi bishobora kubagiraho ingaruka

Zimwe mu mbuga nkoranyambaga urubyiruko rukunda gukoresha harimo, Tiktok, Instgram, snapchat n’izindi.

Izi mbuga nkoranyambaga bazikoresha mu gushyiraho amafoto yabo ndetse n’amashusho agaragaza ubuzima babayeho bwa buri munsi.

Wakwibaza uti ese koko ibyo batwereka aba aribyo cyangwa bashyiramo no kubeshya kugira ngo bakurure ababareba babe benshi?

Reka turebe zimwe mu ngaruka ziterwa no gukoresha imbuga nkoranyambaga nabi by’umwihariko ku rubyiruko.

Gushaka kubaho ubuzima bw’abandi

Urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga cyane rukunze gukurikirana ibyamamare bitandukanye n’abantu babona babayeho mu buzima bwiza kandi bakiri bato.

Hari abahita bifuza kumera nka bo, bagakora iyo bwabaga harimo no kunyura mu nzira mbi zabageza ku mafaranga atuma bagira ubuzima bita bwiza.

Kuyoboka imyumvire ipfuye y’abigira abajyanama mu by’imibereho

Abakoresha imbuga nkoranyambaga biganjemo abazishyiraho ibitekerezo n’imyumvire yabo babyita inama z’ubuzima bagira ababakurikira, by’umwihariko ku byerekeye kubaka urugo.

Umubare munini muri aba batanga inama bagendera ku bitekerezo byabo, ibyo bumvanye abandi byerekeye ingo z’abandi kuko bamwe baba batubatse.

Hari ababyumva bakamira bunguri, biyibagije ko urugo rwubakwa n’abantu babiri barushingaye kandi rukayoborwa n’imyumvire yabo gusa.

Kwigira uwo utari we

Abakoresha imbugankoranyambaga kenshi bakunze kwigira abo batari bo bitewe n’uko bashaka kugaragara, bikagira ingaruka ku buzima bwabo.

Igikomeye muri ibi ni uko usanga hari abafata amadeni kugira ngo bagaragaze ko babayeho ubuzima bwiza nyamara bishushanya.

Imbunga nkoranyambaga zikoreshwa n’abagera kuri miliyari 4.8 bangana na 59% by’abatuye Isi.

Imbuga nkoranyambaga hari abo ziroha iyo batitondeye imikoreshereze yazo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .