Ibi bivuze ko nibura hafi kimwe cya kabiri cy’abatuye Isi bakoresha rumwe mu mbuga za Facebook, Instagram, WhatsApp, Threads, na Messenger ku munsi.
Zuckerberg yabikomojeho ashaka kugaragaza akazi kari mu kugenzura ibikorerwa kuri izi mbuga umunsi ku wundi.
Mu minsi ishize Meta yatangaje ko mu mezi ari imbere izahindura uburyo bwo kugenzura amakuru atangarizwa ku mbuga nkoranyambaga zayo.
Zuckerberg yagize ati “Igihe kirageze ngo dusubire aho twahoze, hagamijwe ubwisanzure mu kuvuga. Tugiye gusimbuza abasesengura amakuru ’Community Notes’, tworoshye uburyo bwacu, twibanda ku kugabanya amakosa.”
Community Notes ni ubutumwa bwandikwa n’ikigo gikoresha urubuga nkoranyambaga, bushyira umucyo ku makuru ashobora kuba ayobya abantu, bugaherekezwa na ‘link’ nk’igihamya.
Kuri ubu buryo busanzwe bukoreshwa no ku rubuga nkoranyambaga X rw’umuherwe Elon Musk, ntabwo ho hasibwa ubutumwa bushobora kuba buyobya abantu cyangwa ngo buhishwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!