Mu 2018, Google yari yashyizeho amahame agenga ikoreshwa rya AI nyuma yo kuvugwa mu mikoranire n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yagiraga uruhare mu mushinga wa Minisiteri y’Ingabo wakoreshaga iri koranabuhanga mu gusesengura amakuru no kumenya amerekezo nyayo yo kugabamo ibitero mu ntambara.
Amahame mashya yatangajwe na Google, ashyira imbere guhanga ibishya no kubaka imikoranire, akavuga ko “Demokarasi ari zo zigomba kuyobora iterambere rya AI, bigakorwa hubahirijwe indangagaciro zirimo ukwishyira ukizana, uburinganire, no kubaha uburenganzira bwa muntu.”
Margaret Mitchell wahoze ari umwe mu bagize itsinda rishyinzwe kugenzura imyubakire n’imikoreshereze ya ‘AI’ muri Google, yabwiye Bloomberg ko gukuraho ihame ryasabaga kwirinda gukoresha AI mu bikorwa byagira ingaruka mbi ku kiremwamuntu, bisobanuye ko iki kigo kigiye kujya gikora “ikoranabuhanga ryica abantu mu buryo buziguye.”
Nk’uko byatangajwe na The Washington Post, Google imaze igihe ikorana n’igisirikare cya Israel kuva mu ntangiriro z’intambara na Hamas, aho yo na Amazon bimaranira gutanga serivisi za AI zifashishwa n’ingabo za IDF.
Iki kinyamakuru cyatangaje ko nyuma y’igitero cyo ku wa 7 Ukwakira 2023, ishami rya Google rishinzwe ububiko bw’amakuru [cloud division] ryafashije ingabo za Israel gukoresha AI mu gusubiza igitero cyari cyayigabweho.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!