00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alphabet yahize kongera ishoramari mu bijyanye na AI

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 5 February 2025 saa 07:05
Yasuwe :

Mu minsi ishize benshi bizeraga ko kugura imigabane mu bigo bifite aho bihuriye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano [AI] ari imwe mu nzira zoroshye zizabageza ku bukire bwihuse, bashora akayabo muri ibyo bigo, bakuramo inyungu ifatika.

Icyakora ibintu byahinduye isura nyuma y’uko ikigo cy’Abashinwa cya DeepSeek, gishyize hanze ikoranabuhanga rizwi nka DeepSeek-R1 rikora neza neza nk’ikoranabuhanga rigezweho rya OpenAI ryitwa ChatGPT.

Itandukaniro rya DeepSeek na OpenAI, ni uko DeepSeek yakoresheje amafaranga make mu gutoza ikoranabuhanga ryayo, inakoresha amakuru yabonye byoroshye kandi ibi byose ibikora mu gihe gito cyane kurusha icyo OpenAI yari yarakoresheje.

Ubwo yari mu kiganiro cyagarukaga ku nyungu z’ikigo, Umuyobozi Mukuru wa Alphabet [ikigo kibarizwamo Google], Sundar Pichai, yashimiye iterambere ry’iki kigo, avuga ko cyageze ku bintu bikomeye, ndetse ko na porogararamu ya Gemini iyingayingana na yo mu bushobozi.

Nubwo bimeze bityo ariko, uyu munyemari yarahonzwe ariko ntiyanoga, kuko yagaragaje ko nta bushake buhari bwo kugabanya amafaranga Alphabet ayoboye, ishora mu ikoranabuhanga rya AI.

Alphabet yatangaje ko muri uyu mwaka izongera ishoramari ryayo muri iri koranabuhanga rikagera kuri miliyari 75 z’Amadolari ya Amerika, bivuze ko riziyongera ku rugero rwa 42% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Ubuyobozi bw’iki kigo buvuga ko nta gahunda ihari yo kugabanya ibyo bashora kuri iri koranabuhanga kuko intego ari ukwihutisha iterambere ryaryo.

Alphabet ivuga ko nubwo AI yahenduka bikorohera benshi kuyigeraho, bitayiteye impungenge kuko ibibona nk’amahirwe yo gukuririra benshi serivisi zayo, bityo bikazayizanira inyungu.

Pichai yagize ati “Impamvu twishimiye amahirwe AI iri kuzana ubu, ni uko tuzi ko hazajya haboneka uburyo bworoshye bwo kuyikoresha kuko ikiguzi cyo kuyitegura no kuyubaka kizagenda kigabanuka.”

Mark Zuckerberg uyobora Meta na we yavuze amagambo ajya gusa nk’aya mu minsi ishize, yemeza ko bazakomeza gushora amafaranga menshi muri AI, n’ubwo hari impaka ziri kuvuka kubera DeepSeek.

Sundar Pichai yashimiye iterambere rya DeepSeek, avuga ko cyageze ku bintu bikomeye mu gihe gito

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .